00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya RDC yatamajwe n’ikoranabuhanga

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 December 2024 saa 12:31
Yasuwe :

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatamajwe n’ubwenge bw’ubukorano (AI) ubwo yatangazaga kandidatire y’iki gihugu mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano.

Kuri uyu wa 18 Ukuboza 2024, ni bwo iyi Minisiteri yatangaje ko RDC yifuza kuba mu kanama ka Loni gashinzwe umutekano muri manda ya 2026-2027.

Ubwo yageraga ku gusubiramo ubutumwa bwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Thérèse Kayikwamba Wagner, yasabye AI gushyiramo amagambo y’ingenzi nka “RDC yiteguye kuzamura ijwi ry’ibihugu ku mahoro n’umutekano ku rwego rw’Isi.”

Aho kugira ngo iyi Minisiteri ifate ubutumwa bwa mbere bushingiye ku mabwiriza yahaye AI, yabuteruranye na “Hano shyiramo ijambo ry’ingenzi, nka RDC yiteguye…”

Umunyamakuru Sugira Mireille wa Voice of Kivu, nyuma yo kubona iri itangazo, yagize ati "Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yafatiwe mu cyuho, yananiwe kwandika itangazo itifashishije ChatGPT. Nta nubwo yashoboye kunyuzamo amaso mbere yo kurisohora. Igisebo ku gihugu!"

Ubu butumwa bwamaze gusibwa gusa ab’inkwakuzi bari bamaze kubufotora bwose uko bwakabaye, ndetse babwifashishije bataramira ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Iyi Minisiteri yateruye ubutumwa bwose n'ibwiriza yahaye AI, ibushyira ku rubuga X

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .