Malawi Talk yatangaje ko abakoresha imbuga nkoranyambaga muri Malawi bahaye inkwenene uyu mugabo bavuga ko yateze indege mu rwego rwo gusesagura amafaranga ya Leta.
Abitabiriye iyo nama bose bari bari mu bihugu byabo aho bayitabiriye mu buryo bw’ikoranabuhanga bwa Zoom cyangwa mu buryo bw’amashusho (video Conference).
Minisitiri Mvalo yagaragaye yicaye i Geneve mu Busuwisi mu cyumba wenyine kuko abandi bari bari mu bihugu byabo bari gukoresha ikoranabuhanga.
Ntabwo biramenyekana niba Mvalo atari abizi ko inama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga cyangwa niba harabayeho kwibeshya.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!