00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Madagascar: Meya w’Umujyi yatorewe mu buhungiro, asimbuzwa mu cyiswe uburiganya

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 February 2025 saa 08:42
Yasuwe :

Jean-Luc Djavojozara wari watorewe kuba Meya w’Umujyi wa Antsiranana uzwi nka Diego-Suarez yasimbujwe umuyobozi w’agateganyo kubera ko yahunze ubutabera, avuga ko kuba adahari bitavuze ko hari umwanya utarimo umukozi.

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu yashyizeho Umuyobozi mushya w’Umujyi ku wa 5 Gashyantare 2025 nyuma y’uko uwari watowe atabonetse mu kazi.

Jean-Luc Djavojozara yatorewe manda ya gatatu yo kuyobora Umujyi wa Diego-Suarez ariko muri Nzeri 2024 hari harashyizweho inyandiko zo kumuta muri yombi kubera ibyaha byo kunyereza umutungo yakekwagaho.

Uyu mugabo yahisemo kujya kwihisha kugeza no mu gihe cy’amatora.

Akimara kumenya ko hashyizweho umusimbura by’agateganyo, yahise avuga ko “habayeho kutaboneka ku kazi ntabwo hari umwanya utarimo umukozi.”

Jean-Luc Djavojozara yemereye RFI ko yihishe kugira ngo atajyanwa muri gereza kugeza igihe urubanza mu bujurire ruzarangirira.

Umwunganizi we mu mategeko, Karim Kilobo, yavuze ko gushyiraho undi muyobozi ari ugusuzugura amategeko ndetse no gutesha agaciro amajwi yabonye mu matora.

Ubuyobozi bw’Intara bwasabye abaturage kwakira icyo cyemezo.

Meya w'umujyi yatowe yarahunze asimbuzwa atarakandagira mu biro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .