00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kleptomania, indwara yo mu mutwe ituma umuntu abatwa no kwiba

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 1 Gashyantare 2023 saa 08:16
Yasuwe :

Kleptomania ni uburwayi bwo mu mutwe butuma umuntu ahora yumva ashaka kwiba ibikoresho runaka, kabone n’ubwo yaba atabikeneye, cyangwa akiba ibintu bidafite agaciro na we ubwe anafite ubushobozi bwo kwigurira.

Urubuga rwa Science Direct rugaragaza ubushakashatsi bwakozwe muri 2010 na Brian L. Odlaug wo muri kaminuza ya Minessota, akaba umuhanga mu kumenya imyitwarire ya muntu, buvuga ko abantu bari munsi ya 5% barwaye iyi ndwara, ari bo biba mu maduka bigize nk’abakiliya.

Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cya National Institute for Health, bukorerwa muri Singapore, bwagaragaje ko mu mwaka wa 2010, abarwayi batatu ba Kleptomania ari bo bagaragaye muri icyo gihugu.

Iki kigo kandi kigaragaza ko abarwaye iyi ndwara ku Isi yose, bari hagati ya 0,3 na 0,6%.

Abarwaye iyi ndwara babaho bafite inkomanga ku mutima n’ikimwaro, kuko baba bafite ubwoba ko icyo kibazo bafite cyamenyekana bagaseba cyangwa bakaba banafungwa.

Ubu burwayi buterwa n’ibikomere byo mu bwana umuntu akurana, kutitabwaho n’ababyeyi cyangwa abarera uwo mwana ndetse no kuba yarakorewe ihohoterwa rya hato na hato, bikamutera ihungabana n’ibibazo byo mu mutwe.

Umuntu ufite uburwayi bwa Kleptomania, yibasirwa n’ibibazo birimo agahinda gakabije, umujinya w’umuranduranzuzi no kugorwa no kurya.

Ubu bushakashatsi kandi bugaragaza ko bibiri bya gatatu by’abibasirwa n’ubu burwayi ari igitsina gore.

Uwagaragaweho n’iyi ndwara ashobora gutandukana na yo aganirijwe n’abajyanama mu mitekerereze ndetse byaba ngombwa agahabwa imiti.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .