00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Indonesia igiye kwimurira injangwe ibihumbi 860 ku birwa

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 29 March 2025 saa 08:24
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Jakarta muri Indonesia bwatangaje ko bufite umushinga wo kwimurira injangwe ibihumbi 860 ku birwa bya ‘Thousand Islands’ mu rwego rwo guteza imbere ubukerarugendo.

Guverineri wa Jakarta, Pramomo Anung, yatangaje ko ashaka kurema ibirwa by’injangwe mu nkengero z’uyu mujyi, bizajya bisurwa n’abakerarugendo nk’uko bigenda ku Kirwa cya Aoshima na Tashirojima mu Buyapani.

Pramomo yasobanuye ko itagira nyirayo yabaye menshi muri uyu mujyi, agaragaza ko hari hakenewe ingamba zayagabanya, ariko zikaninjiriza igihugu amadovize. Muri rusange habaruwe agera kuri miliyoni 1,5.

Yagize ati “Igitekerezo si gishya. U Buyapani bufite ibirwa byinshi by’injangwe byahindutse ahantu hakurura abakerarugendo.”

Ubuyobozi bwa Jakarta buteganya kubaka kuri ibi birwa ikigo cyita ku mibereho y’amapusi ndetse n’ibitaro byihariye byayo.

Hari abadashyigikiye uyu mushinga, bagaragaje ko mu gihe abakerarugendo bataboneka cyangwa Leta ntishoremo amafaranga, injangwe azoherezwa kuri ibi birwa azapfa.

Ubuyobozi bwa Jakarta buteganya kwimurira amapusi kuri ibi birwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .