00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Indege yerekezaga Shanghai yakatiye nzira nyuma yo gusanga umupilote yibagiwe Pasiporo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 March 2025 saa 10:03
Yasuwe :

Sosiyete ikora ubwikorezi bwo mu kirere, United Airlines, yatangaje ko indege yayo yavaga i Los Angeles yerekeza i Shanghai mu Bushinwa, byabaye ngombwa ko isubira ku butaka, nyuma yo gutahura ko umwe mu bayitwaye yibagiwe pasiporo ye.

Iyo ndege yahagurutse ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya LAX Saa 14:00, ku wa Gatandatu tariki 22 Werurwe 2025.

Nyuma y’amasaha abiri iyi ndege yari itwaye abagenzi 257 iri mu kirere, umupilote umwe yaje kwibuka ko yibagiwe pasiporo ye.

Byabaye ngombwa ko iyi ndege ijya kururukira ku kibuga cy’i San Fransisco.

Mu itangazo United Airlines yashyize hanze yavuze ko “Umupilote yasanze nta pasiporo yagendanye mu ndege. Byabaye ngombwa ko dushaka irindi tsinda rigomba gutwara abakiliya aho bari bagiye muri uwo mugoroba. Abakiliya bahawe impozamarira.”

Kimwe n’abandi bagenzi basanzwe, abapilote nabo mbere yo kwinjira mu gihugu icyo ari cyo cyose babanze kwerekana ibyangombwa birimo na Pasiporo, bivuze ko uyu mupilote atari kwemererwa kwinjira mu Bushinwa atayifite.

Indege ya United Airlines yerekezaga i Shanghai yakatiye nzira, nyuma yo gusanga umupilote yibagiwe Pasiporo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .