00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imbwa ya mbere ihenze yaguzwe miliyari 8,2 Frw

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 March 2025 saa 06:26
Yasuwe :

Umuhinde yaguze imbwa ku giciro kinini cyane kitigeze kibaho mu mateka, atanga miliyoni 5,3 z’Amayero [ni ukuvuga arenga miliyari 8,2 Frw] avuga ko azayikoresha mu mamurikabikorwa yitabira mu bihe bitandukanye.

Imbwa y’ubwoko bwa Cadabomb Okami yavutse hahujwe intanga z’ikirura n’iz’imbwa yo mu bwoko bwa Caucasian Ovcharka.

Sathish usanzwe azwiho gutunga amoko menshi y’imbwa, aho anatunze ubwoko 150 bw’imbwa zitandukanye, ni we waguze iyi mbwa y’agatangaza imaze amezi umunani ivukiye muri Amerika.

Uyu mugabo wabanje korora imbwa yavuze ko “Uyu munsi nsigaye ninjiza amafaranga menshi binyuze mu kumurika inyamaswa zanjye zitandukanye. Mu imurika runaka, nshobora guca umuntu Amayero 2500 mu isaha n’igice cyangwa 10.500 by’Amayero mu masaha atanu. Abantu baba bafite amatsiko yo kureba izi nyamaswa ari nzima.”

Uyu mugabo kandi mu 2024 yaguze indi mbwa yo mu bwoko bwa ‘chow chow’ atanga miliyoni 3 z’ama-Pound.

Buri mbwa iba mu kazu kari ku buso bwa metero kare 36 aho azororera, ndetse yahazitije urukuta rwa metero eshatu z’uburebure anashyiraho ikoranabuhanga rya ’camera’.

Akoresha abakozi batandatu kandi imbwa ze zigaburirwa ibiribwa bikiri umwimerere, ndetse ngo Okami yonyine irya ibilo bitatu by’inyama z’inkoko mbisi.

Imbwa za Sathish zose ziba ku butaka burenga hegitari zirindwi bituma zisanzura.

Okami yaguzwe asaga miliyari 8,2 Frw yitezweho kuzajya ikurura abantu basura amatungo y'uwayiguze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .