Ntabwo ari ibanga kuko imibare yivugira, kuko buri mwaka abanyamahanga ibihumbi 50 bahabwa uruhushya rwo gutura muri icyo gihugu binyuze mu guhabwa Green Card.
Ako ni agatonyanga mu nyanja ukurikije abasaga miliyoni 14 basaba guhabwa Green card buri mwaka, amahirwe ntabasakere bose.
Ubu buryo bwo kwinjiza abanyamahanga mu gihugu si gahunda ya vuba muri Amerika kuko yatangiye gutekerezwaho mu 1940 mu gihe cy’intambara ya kabiri y’Isi, icyo gihe yitwaga ‘Alien Registration Receipt Card’.
Mu mategeko yayigengaga hari harimo ko umuntu ufite guhera ku myaka 14 kuzamura, yagombaga kunyura ku biro bibishinzwe muri Amerika, akiyandikisha ndetse akanatera igikumwe mu kugaragaza ko ageze muri icyo gihugu.
Menya byinshi kuri iyi karita muri iyi video
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!