00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gukata imboga za ’broccoli’ ugatinda kuziteka bigabanya ibyago byo kurwara kanseri

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 12 Werurwe 2023 saa 08:59
Yasuwe :

Inzobere mu mirire zagaragaje ko gukata imboga za ‘broccoli’ ugatinda kuziteka bizongerera intungamuburi, ituma umubiri w’umuntu ugira ibyago bike byo kurwara kanseri.

Ubusanzwe abajyanama mu mirire bavuga ko imboga n’imbuto bigomba kuribwa bikiri bishya cyane bikiva mu mirima ndetse ko mu gihe uri kubikata ugomba guhita ubirya nta mwanya uciyemo kuko umwuka ushobora kubikubita bigatakaza ‘vitamin C’.

Inzobere mu Mirire, Andrea Danitschek, yavuze ko iyo ukase izi mboga ntuhite uziteka ziremamo intungamubiri ya ‘enzyme’ ikora icyiswe ‘sulphoraphane’ bituma ibyago byo kwandura nka kanseri y’ibere, iya prostate n’izindi bigabanuka.

Ubushakashatsi bwakozwe n’uyu muhanga bwagaragaje ko ‘broccoli’ yakaswe ikamara iminota 90 itaratekwa ifite ubushobozi bwo kurinda kurwara kanseri inshuro ebyiri kurenza izo bahise bateka.

Inzobere mu mirire zagaragaje ko gukata imboga za ‘broccoli’ ugatinda kuziteka bizongerera intungamuburi, ituma umubiri w’umuntu ugira ibyago bike byo kurwara kanseri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .