00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

DEEP yakoze uburyo umuntu ashobora gutura ku ndiba y’inyanja

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 20 March 2025 saa 04:58
Yasuwe :

Sosiyete y’Abongereza ikora ubushakashatsi, DEEP, yagaragaje umushinga imaze igihe yubaka w’uburyo umuntu ashobora gutura ku ndiba y’inyanja kandi ubuzima bugakomeza nk’ibisanzwe.

Ni umushinga watangiye mu 2021, ndetse DEEP iteganya ko abantu bazatangira kuba mu ndiba y’inyanja mu 2027.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’iterambere muri DEEP, Ethan Butler, yavuze ko bamaze igihe bubaka ahantu umuntu yatura (DEEP Sentinel) munsi y’amazi aho kujya bajya kuyasura gusa.

Aha umuntu azaba ashobora kujyayo akamara iminsi 28 ari muri metero 200 munsi y’amazi. Umuntu azaba ashobora kujyayo agakora ubushakashatsi, afite ubwiherero bugezweho n’amazi ashyushye mu bwogero nko mu nzu zigezweho.

Butler ati “ Abanyamerika batweretse ko bishoboka mu gihe gito, rero DEEP yo ije kubikora nk’ibintu bizahoraho.”

Yavuze ko ari ibintu bishoboka cyane, atanga urugero rw’Umufaransa Jacques Cousteau wamaze ibyumweru ari mu ndiba y’inyanja mu myaka ya 1960.

Butler yavuze ko imbogamizi zihari ari izisanzwe zisa nk’izo umuntu uba ku butaka ahura nazo harimo ubushyuhe cyangwa ubukonje, iyihariye ikaba kuba kure y’abandi.

Yagize ati “Inyanja igize 70% by’umubumbe wacu, kandi ni zo zigenzura ikirere uretse n’ibyo zibitse 90% by’urusobe rw’ibinyabuzima ku Isi.”

Ni umushinga washowemo miliyoni 100 z’ama-Pound ukaba uri gukorerwa mu Majyepfo y’u Burengerazuba bw’u Bwongereza.

Biteganyijwe ko abazaba bari munsi y'inyanja bazajya bakora nk'uko basanzwe babaho ku Isi
Bazaba bari muri metero 200 mu ndiba y'inyanja

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .