Abakobwa n’abagore 81.000 bishwe ku isi hose muri uwo mwaka, 47.000 bicwa n’abantu bo mu miryango yabo cyangwa abandi ba hafi.
Mu bishwe bose muri rusange, Umugabane wa Aziya uza imbere mu kugira umubare munini kuko ari 18.600, naho Umugabane wa Afurika ukagira abishwe benshi bigizwemo uruhare n’abo mu miryango yabo.
Iyi raporo igaragaza ko mu gihe cya COVID-19 cyane mu gihe ibihugu byinshi byari biri muri gahunda ya Guma mu Rugo mu mwaka wa 2019 na 2020, ari bwo ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byo kwica abagore n’abakobwa byiyongereye.
Muri icyo gihe, kwica abagore n’abakobwa byiyongereye ku kigero cya 11% mu Burengerazuba bw’u Burayi na 5% mu Majyepfo yabwo.
Ni mu gihe mu Majyaruguru ya Amerika bishwe ku kigero cya 8%, muri Amerika yo hagati bicwa ku kigero cya 3%, naho mu Majyepfo ya Amerika bicwa ku kigero cya 5%.
Iyi raporo igaragaza ko abagore n’abakobwa bakorerwa iyicarubozo ribageza ku rupfu bigakorwa mu ibanga bari mu rugo cyangwa ahandi hihishe, ari ryo ryinshi cyane ugeraranyije n’abarikorerwa mu buryo bugaragara cyangwa amakuru akajya hanze mu buryo bworoshye.
Ikinyamakuru Independent cyavuze ko Ibarura ryo mu Bwongereza ryakozwe hagati ya 2008 na 2019, UK Femicide Census, ryo ryagaragaje ko mu bagore bishwe mu Bwongereza muri icyo gihe, 62% bishwe n’abagabo babo cyangwa abahoze ari abagabo babo.
Iki kinyamakuru kigaragaza ko zimwe mu mpamvu zatangajwe mu bituma abagore n’abakobwa bicwa cyane, harimo ivangura rishingiye ku gitsina, gutahurwaho ko baryamana n’abo bahuje igitsina, kuba bafite ubumuga, ndetse no gukorerwa ivangura rishingiye ku ruhu.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!