00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagore barenga miliyoni 230 bakaswe ibice by’imyanya ndangagitsina

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 7 February 2025 saa 02:23
Yasuwe :

Mu bihugu bimwe na bimwe byo muri Afurika, mu Burasizuba bwo Hagati no muri Aziya baracyagira umuco wo gukeba ibice by’imyanya ndangagitsina y’abagore n’abakobwa bari munsi y’imyaka itanu kugeza kuri 15, ndetse uyu mugenzo wagize ingaruka ku barenga miliyoni 230 ku Isi.

Tariki ya 6 Gashyantare buri mwaka, Isi yose izirikana umunsi wahariwe kurwanya gukebwa gukorerwa abagore n’abakobwa, ibizwi nka Female Genital Mutilation.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryagaragaje ko abagore n’abakobwa barenga miliyoni 230 ku Isi bakebwe bimwe mu bice by’imyanya ndangagitsina byabo abandi bikurwaho byose.

Abagore bakebwa bimwe mu bice by’imyanya ndangagitsina nta burenganzira baba batanze, ndetse nta zindi nyungu babifitemo.

Ni igikorwa gishobora guhitana uwagikorewe bitewe no kuva amaraso menshi igihe kirekire, uwagize amahirwe yo gukira agahorana ibibazo byo kurwara indwara zo mu myanya ndangagitsina kuri ibyo bice ndetse no kwihagarika akababara.

Si ibyo gusa kuko uwakebwe atabasha kunyurwa n’imibonano mpuzabitsina. Ahorana ihungabana, akagorwa no kubyara ari nako byongera impfu z’abana bapfa bavuka.

OMS igaragaza ko buri mwaka hakoreshwa arenga miliyoni 1,4 $ mu kuvura aba bagore n’abakobwa, ndetse ko mu gihe nta gikozwe ashobora kwiyongera.

Uku gukebwa gukorwa mu buryo butandukanye ariko ubuteje inkeke cyane ni aho bakata ibice byose by’inyuma ubundi bakamudoda bagasiga akanya gato kazajya gacamo inkari.

Uwakorewe iryo kebwa bisaba ko yongera kubagwa kugira ngo abashe gukora imibonano mpuzabitsina ndetse azabashe no kubyara.

Iri kebwa rikorwa ahanini bitewe n’imico y’ibihugu cyane ko ababyeyi babifata nko kurinda abana babo kwishora mu ngeso z’ubusambanyi.

OMS ivuga ko ibi bifatwa nko nko guhonyora uburenganzira bwa muntu.

OMS isaba ko hagira igikorwa mu nzego zose zirimo iz’ubuzima, uburezi, ubutabera ndetse n’izishinzwe kurengera abagore, mu kurwanya uku gukebwa gukorerwa abagore n’abakobwa.

Hari ibihugu bigifite uyu muco wo gukeba abagore mu gihe ahandi bihanwa n'amategeko
Mu bihugu byinshi bakeba ibyo bice by'ibanga bakoresheje ibyuma byarwaye ingese n'inzembe
OMS ivuga ko gukebwa gukorerwa abagore n'abakobwa ari uguhohotera abagore n'abakobwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .