Neal Remmerie na Senne Haverbeke babwiye ikinyamakuru VRT News ko babashije kwinjira muri iyi stade y’i Munich umunsi umwe mbere y’umukino, ubundi bihisha mu bwiherero.
Nyuma yo gushyira ikimenyetso ku rugi kigaragaza ko ubwiherero butari gukoreshwa, aba basore bombi babugumyemo bucece mu gihe kirenga umunsi kuko abashinzwe stade bari bahari.
Remmerie yabwiye iki gitangazamakuru cyo mu Bubiligi ati “Twari dufite agakapu ko mu mugongo karimo ibiryo byoroheje [snacks], ubundi tujya kuri telefoni zacu kugira ngo amasaha yicume.”
Yakomeje agira ati “Amatara ntiyigeze azima ndetse uburyo twari twicayemo byari bigoye, yewe no gusinzira byasaga n’ibidashoboka. Mu buryo bw’imbaraga no gutekereza byari bigoye.”
Ubwo bumvaga abafana batangiye gukoresha ubwiherero ku munsi w’umukino, aba basore bombi bavuye aho bari baherereye, bakomeza muri stade imbere ahicara abantu ibihumbi 86.
Remmerie ati “Twarebanye ubushishozi umuntu ushinzwe umutekano ushobora kuba arangayeho gato. Twagiye kuri telefoni, dufite ibiryo mu ntoki, ubundi duhita twinjira, tugera muri stade.”
“PSG yatsinze ibitego 5-0 ndetse twari mu gice cy’abafana b’ikipe yatsinze. Ni wo mukino mwiza twabonye mu mateka yacu.”
Abafana barebye umukino bagombaga kwishyura hagati ya 90€ na 950€ (ni ukuvuga hagati y’ibihumbi 145 Frw na miliyoni 1,53 Frw).


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!