00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Wizkid yanditse amateka mashya kuri Billboard

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 27 January 2025 saa 11:54
Yasuwe :

Umuhanzi Ayodeji Ibrahim Balogun wamamaye nka Wizkid, uri mu bakomeye muri Nigeria, yongeye kwandika amateka ku rubuga rwa Billboard nyuma y’aho ‘album’ aherutse gusohora yise ‘Morayo’ imaze ibyumweru umanani byikurikiranya kuri uru rubuga rujyaho indirimbo zikunzwe ku rwego mpuzamahanga.

Iyi ‘album’ Wizkid yitiriye Nyina uherutse kwitaba Imana, yaciye agahigo ko kuba indirimbo za yo zose zimaze ibyumweru umunani byikurikiranije zikunzwe kuri Billboard.

Ibaye album ya mbere ikoze mu njyana ya ‘Afro Beat’ ibashishe kumara iki gihe cyose kuri Billboard itarasimburwa n’indi.

Wizkid yasohoye iyi album ku itariki 25 Mutarama 2025, iriho indirimbo 16 harimo n’izo yagiye akorana n’abandi bahanzi bakunzwe muri Nigeria na Amerika.

Kugeza ubu indirimbo ye ‘Piece of My Heart’ yakoranye n’Umunyamerika Brent Faiyaz iri ku mwanya wa gatanu mu ndirimbo zikunzwe kuri Billboard.

Ibi bibaye mu gihe uyu muhanzi aherutse guca agahigo kuko ku munsi wa mbere amurika iyi ‘album’ yumviswe n’abarenga ibihumbi 500.

Wizkid yanditse amateka mashya kuri Billboard

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .