00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urukiko rwatesheje agaciro impungenge za Karasira zatumye yihana inteko iburanisha

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 25 January 2025 saa 08:56
Yasuwe :

Urukiko Rukuru rwa Kigali rwatesheje agaciro ikirego cya Karasira Aimable wihannye inteko imuburanisha yose, avuga ko imurenganya, ruvuga ko urubanza rugomba gukomeza kuko nta mpamvu ihari zo gusimbuza inteko iburanisha.

Ku wa 15 Mutarama uyu mwaka, ni bwo Karasira yihannye inteko imuburanisha i Nyanza.

Mu mpamvu yatangaga harimo ko abona abo bacamanza bamufitiye urwango, kuko banze gushyira mu bikorwa icyemezo cya muganga cyo ku wa 05 Gicurasi 2024 cy’uko arwaye.

Ibyo ngo abibona nko kubogama ahubwo bagashyigikira Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Amagororero (RCS) rwanze kumuvuza kandi yumva arwaye.

Yongeyeho ko urukiko rudashyira imyanzuro mu ikoranabuhanga ruhuza ababuranyi ku bushake, bikanaherekezwa no kuba RCS itamwemereraga gutegurana urubanza n’abamwunganira.

Yakomeje avuga ko inteko imuburanisha yumva ikwiye guhinduka kuko itandika neza ibyavugiwe mu iburanisha ry’urubanza rwe, ko ifatanya n’ubushinjacyaha na RCS kwandika ibyo yise ibinyoma muri sisitemu.

Nyuma y’isesengura ry’Urukiko Rukuru, rwasanze ubwihane bwa Karasira nta shingiro bufite, kuko mu ngingo z’amategeko zishingirwaho nta n’imwe yishwe.

Rwagaragaje ko icyatuma ubwihane bubaho ari igihe umucamanza cyangwa undi ugize inteko y’urukiko bafitanye isano kugera ku gisanira cya kane, isano yo gushyingirwa n’abandi bose bafite inyungu mu rubanza haba mu baburana cyangwa n’abunganizi.

Urukiko rwavuze ko kuba umuburanyi atishimiye icyemezo gifashwe mu iburanisha bidahita bimuha uburenganzira bwo kwihana umucamanza, rwanzura ko ikirego cya Karasira kitakiriwe, rutegeka ko inteko yari isanzwe imuburanisha ikomeza.

Uyu muburanyi aregwa ibyaha birimo guhakana Jenoside, guha ishingiro Jenoside no gukurura amacakubiri.

Biteganyijwe ko iburanisha rizakomeza ku wa 12 na 13 Gashyantare 2025 i Nyanza, mu Majyepfo, humvwa ubwiregure bw’uruhande rw’uregwa.

Urukiko rwatesheje agaciro ubusabe bwa Karasira bwo kwihana Inteko iburanisha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .