Ni igikorwa cyabaye ku wa Kabiri tariki 12 Mata 2022, cyahurije hamwe abasore n’inkumi bibumbiye muri Kigali Protocal, umuhanzi Serge Iyamuremye n’abandi.
Nyuma yo gusura urwibutso rwa Kigali, Serge Iyamuremye yabwiye IGIHE ko agiye kongera ingufu mu bikorwa byo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ati “Inshingano zanjye ni uko abantu barushaho kurwanya ingebitekerezo dufatanije twese. Ibi ni ibintu tutifuza ko byakongera kubaho mu gihugu cyacu ukundi. Nashishikariza urubyiruko kwita kuri ibi bintu. Nk’umuhanzi ingamba ntahanye ntabwo ari ingamba naba ngiye gukora kuko ni inshingano zanjye, hari indirimbo n’ibindi bikorwa birimo gushishikariza abantu kugira ubumwe.”
Yasabye abahanzi bagenzi be gukomeza gukora iyo bwabaga kuko abababanjirije barimo abifashishijwe mu bukangurambaga bwo gukwirakwiza urwango.
Ati “Icyo nabwira abahanzi ni ukurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside mu buryo bwose tukubaka igihugu cyacu kuko ari zo nshingano zacu nk’urubyiruko. Mbona abahanzi nyarwanda dukora uko dushoboye kose kugira ngo dutange uruhare mu kubaka igihugu cyacu, mu buryo twifuza kugira ngo tuzabe intangarugero.”
Irasubiza Alliance na we yasabye bagenzi be bari kumwe gukomeza kurwanya ingebitekerezo ya Jenoside no gukora iyo bwabaga u Rwanda rukongera kugira ubumwe.
Ati “Ndifuza KO dufatanyije nk’urubyiruko twakongera kurema u Rwanda rumeze nk’u rwa mbere y’uko abazungu bacamo ibice Abanyarwanda. Ikindi kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside tubigire umukoro wacu wa buri munsi.”
Umuhanzi Masamba Intore yaganirije uru rubyiruko nyuma yo gusura urwibutso. Kimwe mu bintu bikomeye yabasabye ni ukugendera kure amacakubiri bakifashisha imbuga nkoranyambaga bahangana n’abayihembera muri iki gihe.
Yabasabye kugira amahitamo meza bagafatanyiriza hamwe mu gukomeza gukora ibikorwa byubaka igihugu no guharanira gusigasira umuco w’ubutwari.













Amafoto: Nezerwa Salomon
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!