00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubyiruko rwasabwe kurwanya ibyonona ubumwe bw’Abanyarwanda

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 3 December 2024 saa 05:12
Yasuwe :

Umuyobozi Wungirije wa kabiri wa Unity Club Intwararumuri, akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Itorero ry’Igihugu muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mboneragihugu, Uwacu Julienne, yasabye urubyiruko kurwanya ibyonona ubumwe bw’Abanyarwanda, rukimakaza gahunda ya Ndi Umunyarwanda.

Yabigarutseho ku wa 3 Ukuboza 2024, ubwo Unity Club Intwararumuri yatangizaga icyiciro cya Kane cy’ibiganiro bya Ndi Umunyarwanda bikorwa mu mashuri makuru na Kaminuza byatangirijwe muri Kaminuza ya Kigali.

Uwacu Julienne yagaragaje ko Ndi Umunyarwanda ari umuti Abanyarwanda bagomba kunywa nyuma y’amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Ubwo bunyarwanda twahisemo ni umuti ariko usharira kubera ko harimo n’ibikomere. Bajya bavuga ngo ahagukomerekeje iyo hataguheranye haragukomeza. Nta habi habaho hari imbere haruta aho twabaye. Ubumwe bwacu tubukomereho, ntiduheranwe, dutere intambwe ijya mbere u Rwanda turwubake muri cya cyerekezo 2050.”

Yagaragaje ko urubyiruko rukwiye kurwanya ibikibangamira ubumwe bw’Abanyarwanda no guharanira kugaragaza ukuri ku bashaka kugoreka amateka.

Ati “Urugamba turwana rwo guhangana n’abagishaka gusenya igihugu, bahindura amayeri ariko ntabwo barabireka. Ababibye amacakubiri mu Banyarwanda, abayoboye bakanashyira mu bikorwa Jenoside, n’uyu munsi baracyakongeza ingengabitekerezo yayo.”

Yongeyeho ko “Urubyiruko rusobanukiwe bituma rwumva ko urwo rugamba ari urwarwo, ntibibarangaze ngo bituma bashobora kwibona nk’aho nta sano bafitanye ahubwo bakareba cyane icyo basangiye nk’isano y’ubunyarwanda, bakacyubakiraho ngo bakumire.”

Umukozi muri Minisiteri y’Uburezi, Niyongabo Eric, yagaragaje ko urubyiruko rwigishwa gahunda ya Ndi Umunyarwanda nk’uburyo bwo kurufasha gutegura ahazaza.

Ati “Kugena u Rwanda rw’ejo ntabwo byagenwa gusa n’amasomo twiga guhera mu gitondo kugera nimugoroba. Amasomo akomeye ni aya turi kuganiraho ya Ndi Umunyarwanda. Ndagira ngo twongere dusubize amaso inyuma, tunarebe ejo hazaza.”

Yemeje ko ama-club y’ubumwe n’ubudaheranwa muri Kaminuza yashyizweho muri gahunda yo kubaka ubushobozi n’ubumenyi bw’urubyiruko ku mateka y’igihugu, kwimakaza ubumwe binyuze mu biganiro, kwifashisha ubuhamya bw’abagize Club mu kwigisha urubyiruko, kuba umusemburo w’ibikorwa byimakaza Ndi Umunyarwanda, no kugira uruhare mu gutanga ubutumwa bunyomoza abagoreka amateka y’Igihugu n’abagiharabika.

Urubyiruko rwatinyuwe na rugenzi rwarwo

Muri gahunda yo gutangiza ibi biganiro, urubyiruko rutandukanye rwatanze ubuhamya bw’uko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yarugizeho ingaruka ndetse n’uko rwabashije gukira ibikomere.

Uwamahoro Claudine wakuze atazi inkomoko ye yagaragaje ko yakuriye mu buzima bushaririye bwo kutagira umuryango ariko nyuma y’imyaka 28 akaza kubona bamwe mu bo mu muryango.

Yagaragaje ko nyuma yo guhura n’ibikomere, yashinze umuryango uhuriwemo n’abana batazi inkomoko yabo yise MC Foundation kandi ugira uruhare rukomeye mu komora ibikomere.

Yagaragaje ko Jenoside yakorewe Abatutsi yagize ingaruka ku rubyiruko rw’u Rwanda bityo ko rukwiye gushyira imbaraga mu bikorwa by’ubumwe n’ubudaheranwa.

Mukamana Speciose we ntiyegeze amenya se umubyara kuko yavutse ku mubyeyi wafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nyuma yo kubimenya ngo yagize ibikomere birimo no kwanga umuryango we ariko nyuma kuganirizwa, akira ibikomere ari nacyo gituma asaba urundi rubyiruko kudaheranwa n’agahinda.

Umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ry’Ubumenyi n’ikoranabuhanga wavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi akaba n’Umuyobozi wa Club y’Ubumwe n’Ubudaheranwa, Frank, yasabye bagenzi be kugira umwete wo kwiga amateka y’u Rwanda.

Ati “Nimudashaka kumva ubumwe n’ubudaheranwa igihugu cyacu kizasubira aho cyavuye, nk’urubyiruko dukwiye kumva ko aya mateka yacu tugomba kuyiga nk’uko twiga bibiliya.”

Umurinzi w’Igihango, akaba n’umuyobozi washinze Umuryango wa Mizero Care Organization, Mizero Irené, yagaragaje ko ibikomere yatewe n’ababyeyi be bagize uruhare muri Jenoside byatumye ashinga uwo muryango agamije gufasha abandi bagifite ibikomere binyuranye.

Yasabye urubyiruko kurushaho guharanira kumenya amateka y’u Rwanda no kuyavuga kuko bizafasha mu kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa.

Ati “Uyu munsi turi guhangana n’ibibazo by’ihererekanya ry’ibikomere mu rubyiruko. Amateka yacu nubwo aremereye kandi ashaririye ariko tugomba kuyavuga,”

"Duhorane u Rwanda rwemye, rwemera abarwo bose uko bari, rubabarira abarubabaje. Nk’umurinzi w’igihango mbibutse ko isano y’ icyo dupfana iruta icyo dupfa. Ibi nabyo ni imbuto z’Umuyobozi w’ikirenga watumye Abanyarwanda turiho mu ishema ryo guhobera ubuzima."

Karemera Isaac uyobora Club y’ubumwe n’ubudaheranwa muri Kaminuza ya Kigali yagaragaje ko atewe ishema no gukorera igihugu kandi ko bazaharanira ko urubyiruko rwiga muri iyo Kaminuza kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu kuyamenyekanisha.

Abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Kigali basabwe kurushaho kumenya amateka y'u Rwanda
Ibiganiro kuri Ndi Umunyarwanda byatangirijwe muri Kaminuza ya Kigali
Mizero yemeje ko urubyiruko rufite ibikomere byasizwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko ko rukwiye kubirenga rukiga amateka kurushaho
Uwacu Julienne yasabye urubyiruko kurwanya ibyonona ubumwe bw'Abanyarwanda
Mukamana Speciose yasangije abandi urugendo yanyuzemo rwo kutamenya se umubyara
Umunyeshuri muri Kaminuza y'u Rwanda, Ishami ry'Ubumenyi n'Ikoranabuhanga akaba n'Umuyobozi wa Club y'aho y'ubumwe n'ubudaheranwa, Frank, yasabye urubyiruko rugenzi rwe kwiga amateka
Uwamahoro Claudine yagaragaje ko urubyiruko rwakomerekejwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, yemeza ko nka we yakuze atazi umuryango avukamo
Ibiganiro bya Ndi Umunyarwanda mu mashuri makuru na Kaminuza bigamije gufasha urubyiruko kumenya amateka
Urubyiruko rwari rwatanze ubuhamya bw'uko Jenoside yakorewe Abatutsi yarugizeho ingaruka n'uko rwahanganye n'ibikomere
Abakozi bo muri Kaminuza ya Kigali bitabiriye ibiganiro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .