00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi rwiga muri AUCA rwasuye Ingoro Ndangamateka yo ku Mulindi w’Intwari

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 23 February 2025 saa 07:35
Yasuwe :

Urubyiruko ruba mu muryango wa FPR-Inkotanyi rwiga muri Kaminuza y’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi muri Afurika yo Hagati (AUCA), rwasuye Ingoro ndangamateka yo kubohora igihugu iri ku Mulindi w’Intwari, kugira ngo rurusheho gusobanukirwa amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu.

Ni igikorwa bagiyemo ku wa 22 Gashyantare 2025, aho bagiye gusura iyi Ngoro kugira ngo bige amateka bahibereye atari ukuyabwirwa gusa ahubwo bimenyere n’ibikorwa by’ingenzi byaranze urugamba rwo kwibohora.

Ingoro ndangamateka yo kubohora igihugu iri ku Mulindi w’Intwari mu Ntara y’Amajyaruguru, Akarere ka Gicumbi, Umurenge wa Kaniga, Akagari ka Mukindi, Umudugudu wa Nyakabungo.

Ni Ingoro iherereye ahahoze ibiro bya FPR Inkotanyi, irimo n’indaki Perezida Paul Kagame yakoreshaga mu gutanga amabwiriza igihe yari ayoboye urugamba rwo kubohora igihugu hagati ya 1990-1994.

Uru rubyiruko rwasobanuriwe uburyo urugamba rwo kubohora igihugu rwagenze, imvano yarwo, n’uruhare rw’abayobozi bakuru ba RPA mu gufata ibyemezo bikomeye.

Basobanuriwe byinshi ku mateka yo mu 1959, mbere yaho gato na nyuma yaho. Babwirwa byinshi ku bitero byo gushaka kubohora u Rwanda byatangiye mu myaka ya za 1970 ariko bikaburizwamo, n’impamvu nyamukuru tariki ya 1 Ukwakira ari ingenzi mu mateka y’u Rwanda, nk’umunsi urugamba rwo kubohora igihugu rwatangiriye.

Abanyeshuri bagaragaje ko basanze hari byinshi batari bazi ku mateka y’u Rwanda, byatumye bavuga ko bafite inyota yo kumenya amateka byimbitse.

Umuyobozi w’abanyeshuri bo muri FPR-Inkotanyi muri AUCA, Chris Bebeto Kayiranga, yavuze ko ibi babyifuje kuva cyera ariko bishimiye kuba byagezweho, bakaba basonukiwe neza amateka yo kubohora iguhugu kuva urugamba rutangiye kugeza rurangiye.

Yagize ati “Nahakuye umukoro wo kuba ingenzi ku gihugu cyacu cyane nko muri ibi bihe twugarijwe n’abatatwifuriza ineza, nubwo tutasabwa urugamba rw’amasasu ariko hari umusanzu twatanga, twari tuzi ko tuzi amateka ahagije, ariko byose wagira ngo byari bishya mu matwi yacu.”

Yavuze ko bagikeneye kwiga byinshi byisumbyuyeho, banasaba bagenzi babo, cyane cyane abanyamahanga bigana, gusura iyo ngoro kugira ngo basobanukirwe n’amateka y’igihugu cy’u Rwanda baje gushakamo ubumenyi.

Umukozi muri iyi ngoro ndangamurage, Hakuzimana Valens, yavuze ko abize ikoranabuhanga muri iki kiragano gishya ari bo bakwiye kurwana urwo rugamba, avuga ko batashobora kururwana ayo mateka batayazi.

Ati “Uwageze hano ahavana ubumenyi buhagije, aho igihugu cyari kiri, aho intwari zakibohoye zagikuye, ubwitange zagize, ibyo byose uhava ufite ishusho rusange ukamenya aho igihugu cyavuye ukamenya naho cyerekeza.”

Abanyeshuru basuye Ingoro Ndangamateka yo ku Mulindi w’Intwari bavuze ko bahavuye bafite amatsiko yo gusangiza abatabashije kuhagera ibyo bahigiye ndetse no gukomeza gusura izindi ngoro zibumbatiye amateka y’u Rwanda.

Urubyiruko rwa RPF Inkotanyi rwiga muri AUCA rwasuye Ingoro Ndangamateka yo ku Mulindi w’Intwari
Ubwo bamanukaga bajya kuyisura
Mu gihe bari aho basobanuriwe uburyo urugamba rwabayeho, imvano yarwo
Bavuze ko bagiye gukomeza gusura izindi ngoro zibumbatiye amateka y’u Rwanda
Indake Perezida Paul Kagame yateguriragamo Urugamba
Ingoro Ndangamateka yo ku Mulindi w’Intwari isigasiye amateka menshi y'urugamba rwo kubohora igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .