00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubyiruko 20000 rugiye kwigishwa ibijyanye n’ikoranabuhanga ku buntu

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 28 March 2025 saa 10:54
Yasuwe :

Ishami ry’ikoranabuhanga mu Rugaga rw’Abikorera mu Rwanda, ICT Chamber ryatangije umushinga witwa ‘Digital Talent Program (DTP)’ ugamije kwigisha urubyiruko ibihumbi 20 rwo hirya no hino mu gihugu amasomo y’ingeri zinyuranye mu by’ikoranabuhanga.

Ni umushinga watangirijwe ku mugaragaro i Kigali ku itariki 27 Werurwe 2025. Ugamije kongerera urubyiruko ubumenyi mu masomo y’ikoranabuhanga ndetse no kurufasha kuyabyaza umusaruro.

DTS izashyirwa mu bikorwa na ICT Chamber ku bufatanye na Minisitiri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, na Minisiteri y’Urubyiruko ku nkunga y’ikigo cyitwa IHS Towers Group gikora ibijyanye n’iminara.

Amasomo azajya yigishwa ajyanye n’Ubwenge Buhangano (AI), ibijyanye na Coding, gusesengura amakuru y’ikoranabuhanga (data analysis) n’andi atandukanye.

Uwo mushinga uzamara imyaka ibiri ukorerwa mu turere 15, aho urubyiruko ruzajya rwigira ku bigo by’urubyiruko muri utwo turere ku buntu.

Hari ariko n’urundi rwo hirya no hino mu gihugu ruzayakurikira mu buryo bw’iyakure.

ICT Chamber isobanura ko abaziga imbonankubone bazajya biga mu masaha y’akazi mu minsi y’imibyizi, mu gihe abaziga mu buryo bw’iya kure bo bazajya baca ku rubuga rwa internet rutangirwaho ayo masomo igihe cyose baboneye umwanya kuko amasomo azajya aba ariho.

Kwiyandikisha mu gutangira kwiga ayo masomo bigenewe abantu bose babyifuza. Ushobora kwiyandikisha unyuze hano.

Basabwa ariko kuba babasha kubona internet na mudasobwa byo kwigiraho ariko kandi abazigira ku bigo by’urubyiruko bashobora no kwifashisha mudasobwa zaho.

Ikindi gisabwa ni ukuba bumva ururimi rw’Icyongereza kuko ari rwo ayo masomo ateguyemo.

Amasomo azajya atangwa mu gihe cy’amezi atandatu nyuma yayo abayarangijemo bafashwe kubona ibyo bakora, ndetse biteganyiwe ko abagera kuri 20% muri bo bazajya bahita bashakirwa aho bakora bitarenze amezi atandatu bamaze kwiga.

Ku ikubitiro hari bamaze kwiyandikisha mu kwiga ayo masomo barenga ibihumbi birindwi ndetse muri bo abarenga gato 800 batangiye kwiga.

Bari kwiga mu buryo bw’iya kure no mu buryo bw’imbonankubone kuri Club Rafiki i Nyamirambo, ku kigo cy’urubyiruo cya Huye ku cya Nyagatare n’icya Rusizi, mu gihe mu tundi turere 11 na ho biri gutegurwa.

DTP izatangirana n’abagera kuri 5000 mu cyiciro cya mbere abandi bagende bakomerezaho.

Umuyobozi Mukuru wa ICT Chamber, Ntare Alexis yavuze ko DTP yitezweho kunganira gahunda ya Leta yo kongerera urubyiruko ubumenyi mu by’ikoranabuhanga kandi bikarufasha kwihangira imirimo.

Yagize ati “Tugamije guha amahirwe urubyiruko kugira ngo rugire ubumenyingiro rwakwifashisha mu gushaka amafaranga. Ariko DTP izanubaka urwego rwacu rw’abikorera kuko ibigo by’ikoranabuhanga byacu n’iby’abandi biba byifuza abantu batandukanye bafite ubumenyi butandukanye kugira ngo bateza imbere ibyo bigo n’ibyo bikora.”

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yavuze ko DTP ari imwe muri gahunda z’ingenzi zizafasha u Rwanda kugera ku ntego rwihaye yo kugira abakora porogaramu za mudasobwa (coding) bagera kuri miliyoni mu myaka itanu iri imbere.

Uwo mushinga kandi uzafasha gahunda y’Igihugu yo kuba igicumbi cy’ikoranabuhanga ndetse ifashe urubyiruko kubona amahirwe y’akazi mu gihugu no mu mahanga.

Yagize ati “Uyu mushinga ni intambwe nziza ituganisha mu cyerekezo dufite cyo kutaba abantu bakoresha gusa ikoranabuhanga ahubwo tukaba bamwe mu batanga serivise zaryo kandi ibyo bizahindura umuryango mugari wacu. Twizeye ko ibyo bizadufasha kongera umubare w’ababona akazi kuko abagerwabikora b’uyu mushinga bazahabwa amasomo n’amahugurwa y’ikoranabuhanga abategura neza kwinjira ku isoko ry’umurimo.”

Umuyobozi wa IHS Rwanda unahagarariye icyo kigo muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara, Kunle Iluyemi, yavuze ko kongerera ubumenyi urubyiruko mu ikoranabuhanga ari nk’ishoramari mu by’ubumenyi baba bakoze kuko mu gihe kiri imbere buzaba bukenewe cyane ku isoko ry’umurimo.

Iranzi Claude uri mu batangiye kwiga muri DTP yavuze ari kuhakura ubumenyi bwisumbuye kandi nta kiguzi kuko yari asanzwe abona ayo masomo ayishyuye, ku buryo mu gihe kiri imbere azaba ari umukozi mwiza.

Hari bamwe mu rubyiruko batangiye kwiga muri DTP
Abagenerwabikorwa bishimiye umushinga wa DTP
Umuyobozi Mukuru wa ICT Chamber, Ntare Alexis yavuze ko DTP yitezweho kunganira gahunda ya Leta yo kongerera urubyiruko ubumenyi mu by’ikoranabuhanga
Umuyobozi wa IHS Rwanda, Kunle Iluyemi yavuze ko kongerera ubumenyi urubyiruko mu ikoranabuhanga ari nk’ishoramari mu by’ubumenyi
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yavuze ko DTP ari imwe muri gahunda z’ingenzi zizafasha u Rwanda kugera ku ntego rwihaye mu by’ikoranabuhanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .