00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yaganiriye na mugenzi we wa Qatar ku bufatanye bw’inzego zombi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 21 January 2025 saa 03:15
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, n’itsinda ayoboye bari mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itatu muri Qatar.

Muri urwo ruzinduko, CG Namuhoranye yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Qatar, Gen Maj Mohammed Jassim Al-Sulaiti, usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe umutekano w’abaturage, bigamije guteza imbere ubufatanye bw’impande zombi.

Ni uruzinduko rwatangiye ku wa 21 Mutarama 2025 nk’uko byatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu itangazo yanyujije kuri X.

CG Namuhoranye yitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa kuri ba ofisiye bato wabereye mu ishuri rya Qatar Police Academy riherereye mu Murwa Mukuru w’icyo gihugu, Doha. Ni umuhango wayobowe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Than.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda kandi yanasuye ishuri ryigisha ibijyanye n’ubutabazi bw’ibanze n’ibikorwa by’ubutabazi.

U Rwanda ni inshuti ikomeye ya Qatar, aho ibihugu byombi bifitanye umubano mu ishoramari ndetse n’umutekano. Mu bihe bitandukanye, abasirikare b’u Rwanda bakomeje guhabwa amahugurwa mu mashuri ya gisirikare ya Qatar, cyane cyane abapilote.

Nko mu mpera za 2024 Polisi y’u Rwanda n’Urwego Rushinzwe Umutekano imbere muri Qatar byasinye amasezerano y’imikoranire mu byerekeye umutekano no guhangana n’ibyaha.

Aya masezerano yashyizweho umukono ubwo Minisitiri w’Umutekano, Dr. Vincent Biruta n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP Vincent Sano, bari i Doha muri Qatar.

Bari bitabiriye imurikabikorwa n’inteko ihuriza hamwe inzego zishinzwe umutekano n’ituze rusange izwi nka ’Milipol Qatar 2024’.

Icyo gihe Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ayo masezerano akubiyemo ingamba z’ubufatanye hagati y’inzego zombi mu gusangira ubunararibonye mu bikorwa byo gucunga umutekano n’uburyo bwo guhugura abashinzwe umutekano.

Aya masezerano kandi agamije kwagura ibyo gufatanyiriza hamwe mu bikorwa byo guhangana n’ibyaha birushaho kongera ubukana uko Isi irushaho gutera imbere.

Ni amasezerano yaje akurikira andi yo muri Mutarama 2024 aho na none u Rwanda na Qatar byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’umutekano no gukomeza kwagura imikoranire impande zombi zifitanye.

Uretse mu bijyanye n’umutekano, Qatar kandi iri gufatanya n’u Rwanda ishoramari rijyanye n’ubwikorezi, cyane cyane mu mushinga w’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera, aho Qatar Airways ifitemo imigabane ingana na 60%. Ibiganiro bikomeje ku rundi ruhande ku buryo ishobora no guhabwa 49% muri RwandAir.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, CG Namuhoranye yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Qatar, Gen Maj Mohammed Jassim Al-Sulaiti, usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe umutekano w’abaturage
CG Namuhoranye yashyikirije impano mugenzi we wa Qatar, Gen Maj Mohammed Jassim Al-Sulaiti
Ba ofisiye bato basoje amahugurwa mu muhango wabereye muri Qatar Police Academy iherereye mu Murwa Mukuru Doha
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, n’itsinda ayoboye bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa kuri ba ofisiye bato wabereye muri Qatar Police Academy iherereye mu Murwa Mukuru Doha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .