00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukozi wo mu rugo wishe mugenzi we amuteye icyuma yarashwe ashaka gutema abandi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 March 2025 saa 05:51
Yasuwe :

Umuhungu wari umukozi wo mu rugo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro yishe mugenzi we bakoranaga w’umukobwa amuteye icyuma, inzego z’umutekano zitabaye, uwo musore ashaka gutema buri wese wari umwegereye, bituma Umupolisi amurasa.

Byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu. Uwo mukozi w’umuhungu yitwaga Niyonita Eric, mu gihe umukobwa we yitwaga Bampire Françoise. Ntabwo icyo bapfuye kiramenyekana ku buryo byagejeje aho Niyonita atera mugenzi we icyuma akamwica.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yabwiye IGIHE ko inzego z’umutekano zarashe Niyonita ubwo zari zitabaye zajya kumuta muri yombi akazirwanya.

Ati “Yashakaga gutema buri wese umwegereye”.

Yavuze ko amakuru arambuye ku byabaye, aza kuyatugezaho mu masaha ari imbere.

Ubu bugizi bwa nabi bwabereye mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Masaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .