00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umujyanama wa Trump yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 April 2025 saa 04:18
Yasuwe :

Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump ku bibazo bya Afurika, Massad Boulos, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, yunamira inzirakarengane zihashyinguye, ndetse asobanurirwa byisumbuyeho ibyayiteye n’urugendo rw’u Rwanda rwo kwiyubaka.

Ku wa 8 Mata 2025, Massad Boulos yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame, byagarutse ku mikoranire “igamije kugera ku mahoro arambye mu Karere k’Ibiyaga Bigari na gahunda zo kongera ishoramari rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu nzego z’ingenzi ku bukungu mu Rwanda no mu karere muri rusange.”

Uyu mudpolomate yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigaliu ruri ku Gisozi, asobanurirwa birambuye amateka yayo.

Ubutumwa bwashyizwe kuri konti ya X y’uru rwibutso ku wa 9 Mata 2025, bugira buti “Umujyanama Mukuru wa Amerika ku bibazo bya Afurika, Massad Boulos, n’itsinda ayoboye bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu gusura urwibutso basobanukiwe kurushaho amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibyayiteye, ukuri n’ingaruka yateje ndetse n’urugendo rwo kwiyubaka rw’u Rwanda.”

Amafoto yashyizwe hanze agaragaza uyu mugabo ashyira indabo ku mva, yunamira Abatutsi bahashyinguye, ahandi azenguruka urwibutso bamusobanurira amateka arambuye arurimo.

We n'itsinda bari kumwe basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Massad Boulos mu cyumba kirimo amafoto n'ubutumwa bw'abana mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Massad Boulos yunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .