00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Umugabo wafashije bagenzi be 50 gusambanya umugore we, yakatiwe imyaka 20

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 December 2024 saa 09:47
Yasuwe :

Urukiko rwo mu Bufaransa mu Mujyi wa Avignon rwahanishije umugabo witwa Dominique Pelicot w’imyaka 72, igifungo cy’imyaka 20, nyuma yo kumuhamya ibyaha byo gufata ku ngufu uwahoze ari umugore we, Gisèle Pelicot, afatanyije n’abandi bagabo 50.

Uyu mugabo yajyaga afata umugore we akamuha imiti, hanyuma akamufata ku ngufu uko abyifuza ndetse agatumira n’abandi bagabo bakamusambanya, bikorwa imyaka igera ku icumi.

Uretse uwo mugabo n’abo bandi 50 bahamijwe ibyaha byo gufata ku ngufu n’ibifitanye isano na byo, bahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itatu na 15.

Uyu mugabo yafataga imiti isinziriza hanyuma akayishyira mu biryo bya Gisèle Pelicot, agatumira abagabo bagenzi be bakamusambanya asa n’uwataye ubwenge.

Ni ibintu yakoze hagati ya 2011 na 2020, bikorerwa mu gace ka Mazan gaherereye mu Majyepfo y’u Bufaransa.

Amashusho ya Dominique Pelicot n’abo bagabo bagenzi be yabonywe muri mudasobwa mu cyumba banditsemo ijambo ‘abuse’. Yemeye ko yabikoze ndetse ubona ko ntacyo yicuza.

Icyo gihe hari mu 2020 ubwo yafatwaga afara abagore amashusho rwihishwa, polisi isaka muri mudasobwa ye igwa kuri ayo afata ku ngufu umugore we.

Nubwo we n’abo bagabo 50 bahamijwe ibyaha, hari abandi 20 bagaragaraga muri ayo mashusho ariko ntibamenywe neza, ku buryo bikekwa ko umubare w’abasambanyije Gisèle Pelicot ari benshi.

Nyuma y’ibyemezo by’urukiko Gisèle yavuze ko aticuza kuba urubanza rwarabereye mu ruhame na we akagaragazwa, kuko yashakaga ko abantu bose bamemya amabi uwari umugabo we yamukoreye, bigatinyura n’abandi bafatwa ku ngufu bakabihisha.

Ni urubanza rwahuruje amahanga yose, ndetse na bamwe mu banyapolitiki bakomeye bagize icyo baruvugaho.

Nka Chancelier w’u Budage, Olaf Scholz mu butumwa yageneye Gisèle yagize ati “Wemeye ko badahisha umwirindoro wawe, wemera kugaragazwa mu ruhame byose bigamije gushaka ubutabera. Wahaye abagore mu Isi yose urubuga rwo gutinyuka. Ikimwaro buri gihe kijya ku wakoze icyaha. Warakoze cyane Gisèle Pelicot."

Ni mu gihe Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sanchez yashyize kuri X ubutumwa bushimira umurava wa Gisèle ati “Warakoze Gisèle Pelicot. Reka ikimwaro kijye ku wakoze icyaha.”

Gisèle Pelicot aganira n'itangazamakuru mu Bufaransa, nyuma y'uko uwamufashe ku ngufu agatumiza n'abandi 50 bakamusambanya yari amaze gukatirwa imyaka 20 y'igifungo
Gisèle Pelicot wasambanyijwe n'abagabo 50 bigizwemo uruhare n'umugabo we yahawe ubutabera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .