Field Marshal Birhanu Jula ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rwatangiye ku wa 13-16 Mata 2025.
Ku wa 14 Mata 2025, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi yunamira inzirakarengane zihashyinguye, ndetse asobanurirwa amateka arambuye ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yanasuye Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside iri mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, asobanurirwa byinshi mu bikorwa by’Ingabo zari iza RPA zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mbere kandi yari yabanje guhura n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, anaganira na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.
Itangazo rya RDF ryo ku wa 14 Mata 2025 rigaragaza ko uruzinduko rwa Field Marshal Birhanu Jula ari amahirwe yo kurushaho gushimangira ubufatanye bumaze igihe kirekire hagati y’ingabo z’impande zombi no kuganira ku mahirwe mashya y’ubufatanye ashobora kubonekamo.
Uyu muyobozi yasuye u Rwanda nyuma y’uko ku wa 13 Werurwe 2025, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yari muri Ethiopie, mu ruzinduko rwasize hasinywe amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare.






TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!