00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umugaba Mukuru w’Ingabo wungirije mu gisirikare cya Israel yeguye

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 11 January 2025 saa 04:00
Yasuwe :

Umugaba Mukuru w’Ingabo Wungirije mu Gisirikare cya Israel, IDF, Amir Baram, yatangaje ko Gashyantare 2025 itazamusiga kuri uwo mwanya.

Mu ibaruwa yandikiye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel, Herzl Halevi, Amir Baram yatangaje ko yumva igihe kigeze ngo ave kuri uyu mwanya yari amazemo imyaka ibiri n’igice.

Yashingiraga k’uko ubukana bw’intambara ihuje Israel na Hamas buri kugabanyuka ariko ko n’ubushobozi bwe bw’umubiri bwagabanyutse.

Ati “Nshingiye k’uko ibintu bimeze ubu n’ubushobozi bwo gukomeza gushyira mu bikorwa inshingano zanjye nk’Umugaba Mukuru w’Ingabo Wungirije budahagije, ntabwo ngifite ubushake bwo gukomeza muri uyu mwanya mu myaka nk’itatu, ine iri imbere.”

Icyakora Baram yongeyeho ko yiteguye gutanga umusanzu we ku yindi myanya mu gisirikare igihe cyose bizaba ari ngombwa.

Bivugwa ko Baram yifuza umwanya wo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo aho kuba uwungirije ndetse yaciye amarenga ko ashaka gusimbura Herzl Halevi, bivugwa ko bamaze iminsi barebana ay’ingwe.

Abashyirwa mu majwi ko bashobora gusimbura Baram harimo Gen Maj Tamil Yadai na Gen Maj Uri Gordin usanzwe uyobora Ingabo zo mu Majyaruguru.

Asezeye mu gihe Israel ikomeje ibitero muri Gaza, aho nko mu gitero imaze amasaha arenga 48 igabye kimaze kugwamo Abanye-Palestine 32.

Nyuma y’uko Israel igabye ibitero simusiga kuri Gaza nk’uburyo bwo kurandura umutwe wa Hamas wari wayigabyeho ibitero ku wa 07 Ukwakira 2023, ibyo bitero bimaze guhitana ubuzima bw’Abanye-Palestine ibihumbi 46 ndetse abarenga ibihumbi 109 ni bo babarurwa ko bakomeretse.

Umugaba Mukuru w’Ingabo Wungirije mu Gisirikare cya Israel, IDF, Amir Baram yagaragaje ko Gashyantare 2025 itazamusiga muri uwo mwanya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .