Ni nyuma y’uko ababyeyi be bose biciwe urw’agashinyaguro hafi y’aho bari batuye we n’abandi bakomezanya guhunga we ku bw’amahirwe abasha kurokoka.
Ubuhamya bwe yabutangiye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguwe i Ntarama mu Karere ka Bugesera.
Mukayirere avuga ko se na nyina n’abandi bantu bagerageje guhungira ku musirikare bari baturanye bakeka ko arabarinda, ariko afatanya n’Interahamwe kubica ndetse yabashije kwibonera imirambo yabo.
Ati “Twabanje guhura n’umurambo wa mukuru wange ku mbuga bamucuje imyenda. Twigiye imbere tubona n’uwa mama bamumennye umutwe bakoresheje amabuye. Twigiye imbere tubona n’umurambo wa data mu muringoti imvura yaraye igwa amazi yose yo mu muringoti yamurenzeho.”
Mukayirere yavuze ko bashatse ikiringiti baca n’amakoma babarenzaho. Ariko nyirasenge basanga bamutsinze mu muhanda.
Yavuze ko ibyo byamuhahamuye we na mukuru we bahita bakomeza inzira yo guhunga ariko nyuma avuga ko ibyabereye aho bahungiye mu rufunzo ruri mu mu Cyugariro ahazwi nka CND bihora bimuza mu mutwe.
Avuga ko by’umwihariko atazibagirwa ukuntu Interahamwe bari bazi neza yatemaguye umwana wa mukuru we bari bahunganye, agakomeza kuyisaba imbabazi ariko igakomeza kugeza ashizemo umwuka.
Reba ubuhamya bwe bwose hano:

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!