00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda basabwe kwitwararika muri Mata ikunze kugaragaramo ibyaha byiganjemo iby’ingengabitekerezo ya Jenoside

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 4 April 2025 saa 08:47
Yasuwe :

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yagaragaje ko 40% by’ibyaha bikorwa mu mwaka bigaragara mu kwezi kwa Mata, hakiganzamo iby’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibifitanye isano na yo, asaba Abanyarwanda kwitwararika bakirinda kubigwamo.

Ibi yabigarutseho ku wa Kane, tariki ya 3 Mata 2025, mu kiganiro yagiranye na RBA, mu gingo zirimo izigaruka ku kwezi gutangiramo ibihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Dr. Murangira yagaragaje ko uko kwezi kwa Mata, ari ko kwezi kugaragaramo ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’ibyaha bifitinye isano na yo.

Yavuze ko muri uku kwezi haboneka ibyaha birenga 40% by’ibyaha byose biba byarakozwe mu mwaka wose.

Avuga ko mu byaha byose bikurikiranwa haba harimo iby’ingengabitekerezo, ivangura, amacakubiri, ibifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside, mu gihe ibyiganje cyane biba ari ibyo guhohotera abarokotse.

Dr. Murangira kandi akomeza avuga ko bibabaje kubona nyuma y’imyaka ishize, hari abantu bakigira imyumvire nk’iyo, ariko avuga ko bazakomeza kubakurikirana.

Ati “Ni ibikorwa bigayitse, niba tugeze mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, hakaba hari abantu bagifite utuntu nk’utwo, turabasaba ko babireka kuko amategeko ntazaberebera.”

Akomeza avuga ko hari abantu barindira bikagera mu gihe cyo kwibuka, akaba ari bwo bazura utuntu duto bagiye bapfa na bagenzi babo, bagaheraho bahembera imvugo z’urwango n’izigaragaza ingengabitekerezo.

Avuga ko izo mvugo atari izo gutebya kuko ziba ziha ishingiro Jenoside.

Ati “Ndagira ngo tubwire abantu ko hari imvugo zidakoreshwa mu gutebya, ntawutebya atyo. Hari abo dufata twababaza tuti, mbwiza ukuri ibi bintu ubitekereje igihe kingana iki? Ngo twatebyaga, ntawutebya aha ishingiro Jenoside.”

Dr. Murangira kandi yagarutse ku bigisha abana ingengabitekerezo ndetse n’ivangura, avuga ko ari ibikorwa bigayitse kandi amategeko abihanira.

Umuvugizi wa RIB yibukije abakirangwaho ingebitekerezo ya Jenoside ko amategeko atazerebera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .