Yabigarutseho ubwo yagezaga impanuro ku rubyiruko rusaga 400 rwitabiriye ibiganiro bigamije kubereka uburyo bwiza bwo guhitamo imyuga ibabereye ‘career orientation fair’ byabereye mu Karere ka Nyarugenge ku wa 26 Werurwe 2025.
Aba barimo 155 bo mu turere twa Nyagatare na Nyamasheke banyuze muri gahunda ya “Igira ku murimo” yateguwe na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ifatanyije n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF.
Minisitiri Dr. Utumatwishima yavuze ko hari abikorera bagaragaza ko iyo bahaye urubyiruko akazi rurangwa n’imyitwarire itari myiza.
Yasabye urubyiruko kugira indangagaciro zo kubahiriza igihe, gukora umurimo unoze, bakibuka ko amahirwe aboneka umuntu abanje gukora no kwihangana.
Gahunda ya igira ku murimo yateguwe kugira ngo urubyiruko rwigishwe uburyo rushobora kwitwara mu kazi kandi abenshi bagaragaje ko babishoboye kuko bamwe bahise bahabwa n’akazi.
Ati “Urubyiruko rw’abana b’abanyarwanda rufite ubumenyi ndetse n’imyitwarire myiza barayifite ni na yo mpamvu benshi muri ibyo bigo byabo muri iyi gahunda ya igira ku murimo bahawe akazi.”
Kagimbangabo Rene, umwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke rwitabiriwe iyi gahunda akirangiza kaminuza yagaragaje ko yungutse byinshi binyuze mu mahirwe yahawe yo kwimenyereza umurimo.
Ati “Nize ibintu byinshi birimo gukorera ku gihe, gukunda umurimo ndetse no kumenya n’abantu mu ngeri zitandukanye ndetse no muri sosiyete zitandukanye.”
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, ku bijyanye n’umurimo mu Rwanda, Labour Force Survey igaragaza ko kugeza mu Ugushyingo 2024 urubyiruko rwugarijwe n’ubushomeri rwari 18%.
Abantu batari mu kazi, ntibabe ku ishuri cyangwa mu mahugurwa mu Ugushyingo 2024 barengaga miliyoni imwe, muri bo 27,3% ari urubyiruko.
U Rwanda rufite intego y’uko ikigero cy’ubushomeri mu rubyiruko kizagabanyuka kikagera kuri 7% mu 2035.







TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!