Uganda Airlines yatangaje ko izi ngendo zizatangira ku wa 18 Ugushyingo 2026, aho indege zizajya ziva Entebbe zerekeza i Kigali buri munsi.
Iyi sosiyete kandi yatangaje ko izatangiza ingendo zijya i Accra muri Ghana guhera ku wa 27 Ukwakira 2026, zikazajya zikorwa inshuro enye mu cyumweru.
Ni icyemezo gikubiye mu butumwa Uganda Airlines yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu.
Yavuze ko izi ngendo nshya zigamije guha abagenzi amahirwe menshi yo gutembera no koroshya urujya n’uruza hagati y’ibihugu bya Afurika.
Kwinjira kwa Uganda Airlines ku isoko ry’ingendo za Entebbe-Kigali byitezweho kongera ihiganwa kuri iyi nzira isanzwe ikoreshwa cyane mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Itangizwa ry’iyi nzira riri mu mugambi wa Uganda Airlines wo kongera imijyi ijyamo no gushimangira uruhare rwayo mu guhuza ibihugu bya Afurika.
Iyi sosiyete yatangaje ko gutangiza ingendo zijya i Kigali na Accra ari igikorwa kigamije kongera amahitamo ku bagenzi ndetse no guteza imbere urujya n’uruza rw’abantu n’ibikorwa by’ubucuruzi hagati y’uturere dutandukanye twa Afurika.
Uganda Airlines ni sosiyete y’indege ya Leta ya Uganda yashinzwe mu rwego rwo gusubizaho ibikorwa by’ubwikorezi bwo mu kirere by’igihugu nyuma y’uko Uganda Airlines ya mbere yari yarahagaritse imirimo mu 2001.
Iyi sosiyete nshya yatangiye ibikorwa mu 2019, igamije guhuza Uganda n’ibindi bihugu byo muri Afurika ndetse n’ahandi ku Isi, guteza imbere ubucuruzi, ubukerarugendo n’ingendo z’abantu. Kuva yasubukura ibikorwa, Uganda Airlines yakomeje kwagura aho igera, yongerera abagenzi amahitamo ndetse ishyira imbaraga mu kongera uruhare rwa Uganda mu bijyanye n’ubwikorezi bwo mu kirere.
Introducing two new destinations! ✈️
🇬🇭Accra, Ghana 🔹 starting 27th October 2026, 4x weekly!
🇷🇼 Kigali, Rwanda 🔹 starting 18th November 2026, daily flights!
Two New Cities. One Crane.Book your ticket now: https://t.co/AnHwKQzIH8#FlyTheCrane pic.twitter.com/1NNQtAhlgK
— Uganda Airlines (@UG_Airlines) August 5, 2026



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!