00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubwishingizi bw’umutungo mu byo Prime Insurance yimakaje muri Tour du Rwanda 2025

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 25 February 2025 saa 06:51
Yasuwe :

Burya uko tubira ibyuya dukorera ejo hazaza hacu heza niko dukwiye no gutekereza icyatugoboka mu gihe cy’ibyago.

Aha, niho ikigo gifite uburambe mu gutanga serivisi z’ubwishingizi, Prime Insurance Ltd, kizira.

Muri iki gihe cya Tour du Rwanda 2025 iki kigo kitabiriye ku nshuro ya munani, mu byo gishyize imbere harimo gusobanura no gutanga ubwishingizi bw’imitungo itimukanwa, ubw’ubuvuzi n’ubw’ibinyabiziga.

Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Prime Insurance, Mike Byusa, yavuze ko banyuze muri iri siganwa mpuzamahanga ry’amagare, bari gusobanurira abaturarwanda kumenya agaciro ko kugira ubwishingizi bw’umutungo utimukanwa.

Ati “Kenshi abantu ntabwo baha agaciro ubwishingizi bw’umutungo by’umwihariko utimukanwa kandi nyamara dukora buri munsi ngo ejo hacu hazaza hazabe heza. Ubwo wakwibaza uko bizagenda umunsi ibyago byaje.”

Yakomeje agaragaza ko uretse ubwo, hari n’ubw’ubuvuzi bufasha kwivuriza mu mahanga.

Ati “Dufite n’ubwishingizi bw’ubuvuzi, bugufasha kwivuriza mu bihugu byo mu karere, mu Buhinde ndetse na Turikiya.”

Muri Tour du Rwanda 2025, Prime Insurance yitiriwe agace ka kabiri kiswe ‘Ntakibazo na Prime (*177#)’. Aka gace kavuye i Kigali kagasorezwa i Musanze, kegukanywe na Brady Gilmore wa Israel Premier Tech.

Uretse ibyo kandi, iyi sosiyete yimakaje ikoranabuhanga yavuguruye gahunda yayo, aho umukiriya yisabira serivisi akanze *177#.

Umukiliya mushya ashobora kwisabira ubwishingizi bwose ashaka, bitabaye ngombwa ko afata umwanya, ajya ku ishami rimwegereye.

Iyi serivisi ifasha umukiliya kubona abafatanyabikorwa bayo muri serivisi zijyanye n’ubuzima n’imodoka (Pharmacie n’ibitaro)

Si ibyo gusa kuko ushobora no kumenyekanisha impanuka ukoresheje ubwo buryo bityo ugatabarwa byihuse.

Hari kandi ubwishingizi bw’ingendo bwo mu mahanga bukoresheje indege (Travel Insurance) aho wishingirwa mu gihe ugize ikibazo mu mahanga nko kurwara, gutakaza ibyawe by’agaciro(luggage) cyangwa gukerererwa biturutse ku ndege aho ufashwa gushakirwa icumbi mu gihe utegereje indege.

Muri Tour du Rwanda, Prime Insurance Ltd ihemba umukinnyi mwiza muto kuri buri gace.

Kugeza ubu, Prime Insurance itanga ubwishingizi bw’igihe gito busaga mirongo ine bukubiyemo ubw’ibinyabiziga by’ubwoko bwose, ubw’inkongi z’umuriro, ububungabunga umutungo, ubw’imizigo, ubw’impanuka zonona umubiri, ubw’imirimo ijyanye n’inyubako z’ingeri, ubw’ingendo zo mu kirere, ubwo kwivuza, n’ubundi butandukanye.

Prime Insurance yashinzwe mu 1995, icyo gihe yitwaga COGEAR Ltd. Ni ikigo cy’ubwishingizi rusange cyemewe na Banki Nkuru y’u Rwanda ndetse kikaba cyaranahawe ikirangantego cy’ubuziranenge muri serivisi (ISO 900-2015) gitangwa n’Ikigo Gishinzwe Ubuziranenge (RSB).

Kuva icyo gihe kugeza ubu gifite amashami arenga 60 mu gihugu n’aba-agent basaga 80, hagamijwe kwegereza Abanyarwanda serivisi zinoze kandi zihuse. Mu gihe kandi hari ukeneye serivisi atarinze kubageraho akoresha umurongo utishyurwa (1320).

Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Prime Insurance, Mike Byusa, yambika umwambaro Adria Pericas wabaye umukinnyi muto mwiza
Adria Pericas wa UAZ wabaye umukinnyi muto mwiza yahembwe na Prime Insurance
Brady Gilmore wa Israel Premier Tech yahize abandi agera i Musanze ari uwa mbere
Muri iyi Tour du Rwanda, Prime Insurance yimakaje ubwishingizi bw’umutungo
Prime Insurance igendera isobanurira abitabiriye Tour du Rwanda serivisi zayo
Prime Insurance yitabiriye Tour du Rwanda ku nshuro ya munani
Prime Insurance ikorera muri MIC mu mujyi rwagati

Amafoto: Shumbusho Djasiri


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .