00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubushomeri bwaragabanyutse mu gihembwe cya kane cya 2024

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 26 January 2025 saa 11:53
Yasuwe :

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, ku miterere y’umurimo mu Rwanda bwagaragaje ko ubushomeri bwagabanyutse bugera kuri 14,7% mu Ugushyingo 2024 ugereranyije na 16,8% bwariho mu Ugushyingo 2023.

Ubushakashatsi bwa NISR, bugaragaza ko abari ku isoko ry’umurimo mu Rwanda bafite kuva ku myaka 16, barenga miliyoni 5,3, abafite akazi muri bo bakaba miliyoni 4,5.

Imibare igaragaza ko abafite akazi biyongereyeho 4,7% kugeza mu Ugushyingo 2024, mu gihe mu Ugushyingo 2023 bari bazamutseho 4%.

Raporo igaragaza ko abitabira umurimo mu Ugushyingo 2024 biyongereye cyane ugereranyije no mu bihe bya Covid-19, ndetse imibare y’ubushomeri yagiye hasi ugereranyije na mbere ya Covid-19, ni ukuvuga mu Ugushyingo 2019.

Iti “Ibi bishobora gusobanurwa n’uko ubukungu buri kongera kwiyubaka n’abantu batari bari ku isoko ry’umurimo barigarutseho banabona akazi.”

Imibare yerekana ko abagabo bari ku isoko ry’umurimo ari 71,9% mu gihe abagore ari 57,1%. Icyuho hagati y’ibitsina byombi ku isoko ry’umurimo ni 14,8%.

Imibare y’inzego z’umurimo mu Rwanda igaragaza ko mu mwaka wa 2023/2024, abagore ibihumbi 29 bitabiriye gupiganira imyanya y’imirimo y’akazi muri Leta, ariko 1.574 gusa ni bo bagitsinze, 716 bahita bashyirwa mu myanya, mu gihe abandi 745 bashyizwe ku rutonde rw’abategereje ahaboneka umwanya.

Magingo aya ntihazwi impamvu zituma abagore batitabira gupiganirwa akazi mu myanya ya Leta, ariko biteganyijwe ko hazakorwa ubushakashatsi buzashyira hanze izi mpamvu.

NISR igaragaza ko abantu bari mu gihugu badafite akazi, ariko bagashakisha kandi biteguye gukora ngo bagire icyo binjiza basaga ibihumi 749, bangana na 14,7%.

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko 3.018.614 batari ku isoko ry’umurimo kandi atari n’abashomeri, barimo 24,7% bakiri abanyeshuri na 27,7% bageze mu zabukuru, abafite ubumuga n’abatakaje icyizere bakareka gushaka akazi, na 47,6% bakora ubuhinzi buciriritse.

Abari ku isoko ry'umurimo kandi bafite akazi bariyongereye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .