Ku wa 6 Gashyantare 2025 nibwo muri Amerika habaye amasengesho ngarukamwaka yo gusengera iki gihugu n’Isi muri rusange azwi nka ‘USA National Prayer Breakfast’. Yitabiriwe n’abarimo Perezida Donald Trump.
Umwe mu bashyitsi bagaragaye muri aya masengesho ni Madamu Jeannette Kagame wanahawe n’umwanya wo gusengera iki gihugu n’Isi muri rusange.
Nyuma y’aya masengesho ikigo ‘Von Batten-Montague-York, L.C’ cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika gitanga ubujyanama mu bijyanye n’amategeko na politike, cyatangaje ko Perezida Paul Kagame yari yatumiwe muri aya masengesho, ariko ubutumire bwe buza gukurwaho nyuma.
Iki kigo cyavuze ko ubutumire Perezida Kagame yari yahawe bwakuweho “kubera ibikorwa bye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”
Ibyatangajwe n’iki kigo byahise byamaganirwa kure na Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ko ari ikinyoma.
Mu butumwa iyi Ambasade yashyize hanze, yavuze ko “Iki ni ikinyoma cyambaye ubusa. Umwaka ushize Perezida Kagame niwe wavuze ijambo ry’ibanze (muri aya masengesho). Abavuga ijambo ry’ibanze bahinduka buri mwaka, uyu mwaka havuze undi muntu. Umugore wa Perezida w’u Rwanda yatumiwe kugira ngo avuge isengesho muri uyu muhango. Kuvuga ko Perezida atatumiwe nta gaciro bifite.”
Ku wa 1 Gashyantare 2024, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye amasengesho nk’aya, ndetse Umukuru w’Igihugu ageza ijambo ku barenga 3500 bayitabiriye.
This is a flat-out lie. President Kagame was the main speaker last year. Speakers rotate annually and this year had a different speaker. Rwanda’s First Lady was invited to offer a prayer for the event. Claiming that President was "uninvited" is just petty nonsense. https://t.co/u67WYfdi9D pic.twitter.com/VPlMcWqj39
— Rwanda in USA (@RwandaInUSA) February 9, 2025

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!