00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwamaganye iterabwoba ryashyizwe ku bihugu bitatu bya Afurika

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 22 February 2025 saa 09:33
Yasuwe :

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Rwamucyo Ernest, yamaganye bikomeye iterabwoba ryashyizwe kuri Algeria, Sierra Leone na Somalia bihagarariye umugabane wa Afurika mu kanama k’uyu muryango gashinzwe umutekano.

Mu cyumweru gishize ubwo Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari mu nama mpuzamahanga i Munich mu Budage, yibasira ibi bihugu, asobanura ko ari byo byatumye aka kanama kadatora umwanzuro wo kwamagana u Rwanda.

Perezida wa RDC yashinje u Rwanda kohereza ingabo mu burasirasuba bwa RDC, agaragaza ko akanama ka Loni kari gakwiye kurwamagana, kakarusaba kuzikurayo. Leta y’u Rwanda yamaganye kenshi iki kirego, isobanura ko nta shingiro gifite.

Tshisekedi ati “Dufite ibihugu bitatu bihagarariye Afurika nk’abanyamuryango badahoraho mu kanama ka Loni gashinzwe umutekano, byananiwe gutora umwanzuro wo kwamagana ibikorwa bibi by’u Rwanda kuri RDC. Ibyo bihugu bitatu bya Afurika Yunze Ubumwe byitambitse inzira yashoboraga kugera ku mwanzuro wo kwamagana u Rwanda.”

Nyuma y’aho aka kanama gatoye umwanzuro wo kwamagana u Rwanda kuri uyu wa 21 Gashyantare, Ambasaderi Rwamucyo yagaragarije aka kanama ko ibi bihugu bya Afurika byatewe ubwoba kugira ngo na byo bishyigikire uyu mwanzuro.

Yagize ati “Turagira ngo tugaragaze ko duhangayikishijwe bikomeye n’iterabwoba ritigeze ribaho ryashyizwe ku majwi y’Abanyafurika muri aka kanama, ryibasira cyane cyane abanyamuryango batatu. Twamaganye bikomeye iyi myitwarire.”

Ambasaderi Rwamucyo yatangaje ko nubwo Leta ya RDC yibwira ko ibisubizo by’ibibazo byo muri RDC bizava hanze ya Afurika, u Rwanda rushyigikiye imyanzuro yafashwe n’abakuru b’ibihugu byo kuri uyu mugabane.

Uyu mudipolomate yagaragaje ko kugira ngo haboneke igisubizo kirambye mu karere, impungenge u Rwanda rugaragaza ku bishobora kubangamira umutekano warwo nk’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje guhabwa ubufasha na Leta ya RDC, zikwiye kwitabwaho.

Yagaragaje kandi ko mu gihe aka kanama katakwita ku bubabare bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, bwatumye M23 ibaho, mu burasirazuba bwa RDC hadashobora kuboneka igisubizo kirambye.

Abakuru b’ibihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) na Afurika y’Amajyepfo (SADC) tariki ya 8 Gashyantare 2025 bahuriye i Dar es Salaam muri Tanzania, banzura ko Leta ya RDC ikwiye kuganira n’abo ishyamiranye na bo barimo M23, imirwano n’ubushotoranyi bihagarara.

Mu rwego rwo gutegura ishyirwa mu bikorwa ry’iyi myanzuro, tariki ya 24 Gashyantare hateganyijwe inama izahuza abagaba bakuru b’ingabo bo muri EAC na SADC. Raporo bazakora bazayishyikiriza ba Minisitiri b’ingabo, bayemeze.

Ambasaderi Rwamucyo yamaganye iterabwoba ryashyizwe kuri Algeria, Sierra Leone na Somalia byari byaranze umwanzuro wo kwamagana u Rwanda
Tshisekedi yari aherutse kuvuga ko ibi bihugu bya Afurika ari byo byitambitse umwanzuro wo kwamagana u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .