00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda na Seychelles byinjiye mu bufatanye buteza imbere serivisi z’igorora

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 31 March 2025 saa 07:32
Yasuwe :

Urwego rushinzwe amagereza muri Seychelles (SPS) rwanyuzwe n’uburyo mu Rwanda abantu bagororwa, bituma rusinyana n’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS, amasezerano y’imikoranire y’imyaka itanu.

Ni amasezerano Seychelles igaragaza ko izungukiramo cyane mu kuzamura urwego rwayo rw’amagereza, bijyanye n’uko RCS imaze gutera imbere.

Ayo masezerano y’imikoranire yashyiriweho umukono i Kigali ku wa 31 Werurwe 2025, nka kimwe mu bigize uruzinduko itsinda ry’abayobozi ryaturutse muri Seychelles ryakoreye mu Rwanda.

Amasezerano yasinywe hagati y’Urwego rushinzwe Amagereza muri Seychelles rwari ruharagarariwe na Komiseri warwo, Janet Georges ndetse na RCS yari ihagarariwe na Komiseri Mukuru wayo, CG Murenzi Evariste.

RCS igaragaza ko ayo masezerano yasinywe akurikira guhura kw’abakuru b’ibihugu byombi kwabaye mu 2023 bagasinya amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.

Umuvugizi wa RCS, CSP Kubwimana Thérèse, yavuze ko SPS yakoreye urugendoshuri muri RCS muri Nzeri 2024 inyurwa cyane n’aho u Rwanda rugeze mu micungire y’amagororero bituma yiyemeza gufatanya na rwo kugira ngo irwigireho.

Yagize ati “Muri Nzeri 2024 Komiseri yari yadusuye asura amagororero yacu areba aho tugeze mu buryo bwo kuyacunga, ubuzima bw’abantu bayarimo n’umutekano. Yifuje ko twabafasha kuko we yabonaga aho bageze ari inyuma yacu mu buryo bugaragara.”

CSP Kubwimana kandi yavuze ko muri Seychelles ubu bagikoresha uburyo bw’amagereza aho kuba amagororero ndetse ibyo bikaba ari kimwe mu byo RCS izabafasha bakareba uburyo na bo bakwimukira mu buryo bw’igorora.

Ayo masezerano yasinywe akubiyemo ingingo zinyuranye nko gufatanya mu gusangira ubumenyi mu bya tekiniki bujyanye n’igorora, kongerera ubushobozi abakozi no gukora imishinga ihuriweho.

Muri ayo masezerano harimo kwigisha uburyo bwo kugorora, kungurana abakozi hagamijwe kunguka ubundi bumenyi, ingendoshuri, gukora inyigo n’ubushakashatsi n’ibindi bitandukanye.

Komiseri wa SPS, Janet Georges, yavuze ko hari byinshi Seychelles yakwigira ku Rwanda ariko by’umwihariko ku micungire y’amagororero kuko urwego ayoboye rurimo abakozi badahagije na bo bakeneye kongererwa ubushobozi, agaragaza ko ikibazo cy’abakozi bake iwabo kiri mu gihugu hose.

Ati “Muri Seychelles dufite ibibazo byinshi byo kubura abakozi bitewe n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge riri hejuru. Hano mu Rwanda gukoresha ibiyobyabwenge ntibiri ku kigero gikabije [...], ariko muri Seychelles ho ibiyobyabwenge birakoreshwa ku kigero kiri hejuru, kandi byangiza umuryango mugari. Nibura 10% by’abaturage muri Seychelles baba bahanganye n’ingaruka z’ibiyobyabwenge.”

Mu Rwanda kugeza ubu hari amagororero 13 harimo rimwe rigenewe abana abari munsi y’imyaka 18.

Amasezerano yashyizweho umukono na Komiseri wa SPS, Janet Georges (ibumoso) ndetse na CG Murenzi Evaritse w’Urwego rw’u Rwanda rushizwe Igorora (RCS)
Komiseri wa SPS, Janet Georges, yavuze ko hari byinshi Seychelles yakwigira ku Rwanda by’umwihariko ku micungire y’amagororero
Ubwo Komiseri wa SPS, Janet Georges yari ageze ku Cyicaro Gikuru cya RCS ahasinyiwe amasezerano
Abakozi b'Urwego rushinzwe amagereza muri Seychelles (SPS) bari kumwe n'aba RCS
Umuvugizi wa RCS, CSP Kubwimana Thérèse, yavuze ko Urwego rushinzwe amagereza muri Seychelles (SPS) rwakoreye urugendoshuri muri RCS muri Nzeri 2024 runyurwa cyane n’aho u Rwanda rugeze mu micungire y’amagororero

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .