00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bubiligi bwavuze ku basirikare bufite mu Burasirazuba bwa Congo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 27 March 2025 saa 10:00
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yatangaje ko igihugu cyabo gifite abasirikare batandatu mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa bwa EU bwo gufasha Ingabo za FARDC.

Minisitiri Prévot yasobanuye ko aba basirikare bari mu kigo cya gisirikare cya Kindu mu Ntara ya Maniema ihana imbibi na Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, mu butumwa bw’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) bwo gufasha ingabo za RDC.

Mu gihe bivugwa ko u Bubiligi bwohereje ingabo zo gufasha iza RDC kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23, Minisitiri Prévot yasobanuye ko ubufasha abasirikare b’Ababiligi batanga atari ubwo kujya ku rugamba.

Umubano w’u Rwanda na RDC ntumeze neza kuva mu ntangiriro za 2022, aho kugira ngo hashakwe igisubizo, u Bubiligi bwakomeje kwiyegereza RDC, byifatanya mu kurushinja gufasha abarwanyi ba M23 ndetse birusabira ibihano.

Nubwo Minisitiri Prévot agaragaza ko ubufasha ingabo z’u Bubiligi ziha iza RDC ari buto, bisa n’aho hari umugambi w’igisirikare utarahishurwa igihugu cyabo gifite muri RDC no mu karere muri rusange.

Tariki ya 17 Werurwe 2025, indege y’Ingabo z’u Bubiligi yavuye i Bruxelles, yerekeza i Kinshasa, ikomereza muri Kindu ku munsi wakurikiyeho. Yasubiye i Kinshasa, ihava tariki ya 20 Werurwe.

Tariki ya 21 Werurwe, iyi ndege itwara abantu 16 yagarutse mu karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari, igwa i Bujumbura mu Burundi, isubira i Bruxelles ku munsi wakurikiyeho.

Ingabo z'u Bubiligi zikorana n'abasirikare bo mu mutwe w'ingabo zitabara aho rukomeye muri RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .