00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Twifuza umukobwa ujyanye n’igihe ariko unafite indangagaciro- Sr Uwamariya

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 16 March 2025 saa 10:31
Yasuwe :

Umuyobozi w’Ishuri ryisumbuye rya St Bernard Kansi, Sr Uwamariya Immaculée, yagaragaje ko iterambere ry’umwana w’umukobwa rikwiriye kujyana no kugira indangagaciro nzima.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu Tariki ya 15 Werurwe 2025, ubwo abanyeshuri bo muri icyo kigo bamurikiraga ababyeyi n’abafatanyabikorwa ubumenyi bafite ku munsi uzwi nka Open Day.

Open Day ni umunsi washyizweho n’ishuri aho abanyeshuri bamurikira ababyeyi babo n’abafatanyabikorwa batandukanye ubumenyi bushingiye ku byo batojwe muri ryo shuri.

Sr. Uwamariya wamenyekanye kubera ubutumwa bunyuranye akunze gutanga ku ngingo zijyanye n’umuryango nyarwanda, ni we uyobora iri shuri guhera mu 2017.

Yavuze ko icyerekezo cya St Bernard Kansi ari ugutanga uburere bukwiye kandi bugamije guhindura umwana w’umukobwa.

Ati "Umuntu aramutse yize ibijyanye siyansi gusa bidafite umutima ntacyo byaba bimumariye. Twifuza umukobwa ujyanye n’igihe ariko unagaragaza isura y’umukobwa ufite indangagaciro kandi ushoboye."

Collège Saint Bernard Kansi ni ishuri ry’abakobwa ryashinzwe n’Umuryango w’Ababikira b’Ababerinaridine.

Iri shuri riherereye mu Karere ka Gisagara, Umurenge wa Kansi, Akagari ka Akaboti, ryashinzwe mu 1957.

Aba babikira bashinze iryo shuri bafite intego yo guteza imbere uburere n’uburezi by’umwana w’umukobwa.

Mu 1957, iri shuri ryatangiye ryitwa Ecole Ménagère post Primaire, mu 1959 rihindura izina ryitwa Ecole Ménagère pedagogique avec internat, ryongera guhindura izina mu 1964 aho ryiswe Ecole de monitrices auxiliaires avec internat.

Mu 1969 ryongeye guhindura izina, ryitwa Collège des Hummanites modernes ayant un cycle de 6 ans, mu 1981 ryitwa Ecole de nutrition et diététique ayans un cycle de 6 ans, mu gihe muri 2000 ari bwo ryahawe izina rya Collège Saint Bernard Kansi.

Umuyobozi w’Ishuri ryisumbuye rya St Bernard Kansi, Sr Uwamariya Immaculée, yagaragaje ko hakenewe umukobwa ujyanye n’igihe ariko unafite indangagaciro nzima
Abanyeshuri bakoze akarasisi
Bamwe mu barerewe muri iri shuri bashima uburere bahawe
Open day yitabiriwe n'abantu benshi
Umuyobozi w’Ishuri ryisumbuye rya St Bernard Kansi, Sr Uwamariya Immaculée, yemeje ko intego z'ishuri ayoboye ari ukubakira ubushobozi umukobwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .