00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Turashaka ko abaturage bagera ku nzozi zabo – Dr. Diane Karusisi wa BK

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 22 March 2025 saa 09:57
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi, yatangaje ko bifuza kubona abaturage bagera ku nzozi zabo bityo ari yo mpamvu batangije porogaramu ya Bigereho n’Inguzanyo ya BK.

Ibi yabigarutseho ku wa Gatanu, tariki 21 Werurwe 2025 ubwo hatangizwaga ku mugaragaro iyi porogaramu ari kumwe n’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Banki ya Kigali, Ubalijoro Eugene, aho ndetse banasuye bamwe mu bakiriya bo mu turere twa Rubavu na Nyabihu.

Yagize ati “Turifuza ko abaturage bagera ku nzozi zabo n’inguzanyo ya BK. Ni na yo mpamvu muzi yatumye iyi gahunda tuyita Bigereho, aho abakiriya bacu twabamurikiye imwe mu nguzanyo zacu ya BK Quick +."

Yakomeje agira ati “Ushobora kubona agera kuri miliyoni 50 Frw ukoresheje BK App cyangwa Internet Banking, umuntu bitamusabye kuva aho ari, kandi akayibona mu masaha 15 gusa.”

Yamaze impugenge abakiriya avuga ko iyi gahunda yihuta, yoroshye kandi itekanye bityo izarushaho kuborohereza mu kwiteza imbere.

Bamwe mu bakiriya b’i Rubavu, bagaragaje ko bishimiye iyi gahunda ndetse no gusurwa n’ubuyobozi bukuru.

Twagirayezu Pierre Celestin yavuze ko iyi gahunda izakemura ibibazo byo kubura amafaranga mu bihe by’ibiruhuko.

Ati "Iyi gahunda ya Bigereho izadufasha kwihutisha ubucuruzi bwacu, kuko icyo usabye uzajya ugihabwa vuba bityo tukihuta mu iterambere."

Yakomeje agira ati "Umuntu yakeneraga amafaranga nko mu minsi y’ibiruhuko banki zafunze bikamugora ariko izajya itworohereza mu kwishyura abatuzaniye ibicuruzwa.”

Mukamitari Adrienne ukora ibijyanye n’ubukerarugendo mu karere ka Rubavu, yashimye uburyo inguzanyo izajya iboneka byihuse.

Ati “Gahunda ya Bigereho nk’abacuruzi izaborohereza, kuko umuntu yakeneraga inguzanyo bikamusaba kujya gutonda umurongo muri banki, ariko ubu azajya ayisaba atavuye mu rugo.”

Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali buvuga ko iyi gahunda ikomatanyije ya Bigereho n’Inguzanyo ya BK, izorohereza abakiriya bayo kwagura ibyo bakora kuko izaborohereza kubona inguzanyo z’ubuhinzi binyuze muri kungahara na BK, inguzanyo z’amafaranga y’ishuri binyuze muri tuza na Bk, inguzanyo y’inzu n’iy’ubucuruzi binyuze muri BK quik +.

Mukamitari Adrienne yashimiwe n'ubuyobozi bwa Banki ya Kigali
Twagirayezu Pierre Celestin avuga ko yanejejwe no gusurwa n'ubuyobozi bukuru bwa Banki ya Kigali akabusobanurira ibyari bimubereye nk'inzitizi mu bucuruzi ndetse agahita asubizwa
Twagirayezu Pierre Celestin, wasuwe n'abayobozi bakuru ba Banki ya Kigali avuga ko gahunda ya Bigereho izaborohereza ubucuruzi
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi, ari kumwe n’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi, Ubalijoro Eugene, basuye umukiriya w'iyi banki witwa Twagirayezu Pierre Celestin
Mukamitari Adrienne, umucuruzi ukora ibijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo mu karere ka Rubavu avuga ko yanyuzwe n'imitangire ya serivisi yo muri BK
Abayobozi bakuru ba Banki ya Kigali basuye byinshi mu bikorwa by'abakiliya babo bo mu karere ka Rubavu, baganira ku bibangamye n'uko byakemuka
Abakozi ba Banki ya Kigali nabo ntibatanzwe mu kwifotoreza ku mahumbezi y'ikiyaga cya Kivu
Abakiriya ba Banki ya Kigali bo mu turere twa Rubavu na Nyabihu baganirijwe kuri gahunda ya Bigereho n'inguzanyo ya BK
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Dr. Diane Karusisi afata ifoto y'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .