00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yabererekeye ikibazo cy’u Rwanda na RDC

Yanditswe na IGIHE
Kuya 31 January 2025 saa 09:15
Yasuwe :

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yirinze kuvuga byinshi ku kibazo cy’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gusa ashimangira ko ari ikibazo gikomeye.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, umwe yamubajije icyo atekereza ku kibazo cy’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Trump ntiyahisha ko ari ikibazo gikomeye.

Yasubije ati "Uri kumbaza ikibazo ku Rwanda, kandi ni ikibazo gikomeye, ndabyemera, ariko sintekereza ko aka kanya ari igihe cyiza cyo kukivugaho. Ariko ni ikibazo gikomeye."

Muri iki kiganiro n’abanyamakuru, Perezida Trump yagarutse ku zindi ngingo zitandukanye ziganjemo uburyo yifuza guhangana n’ibibazo biri mu gihugu ndetse no hanze yacyo.

RDC ishinja u Rwanda gukorana n’umutwe wa M23, ibintu u Rwanda rwahakanye inshuro nyinshi, ahubwo rugashinja iki gihugu gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR wasize ugize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, n’ubu ukaba ugifite intego yo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda binyuze mu ntambara.

Uyu mutwe ukorana na Leta ya Congo iwuha imyitozo, ibikoresho bya gisirikare, amakuru y’ubutasi n’ibindi byose bituma urushaho kugira amaboko ndetse no kwaguka.

Ibi byarushijeho kuba ikibazo ku Rwanda nyuma y’uko Perezida Felix Tshisekedi wa RDC yemeje ko icyo gihugu cyifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

U Rwanda rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi zigamije kurufasha guhangana n’ibi bibazo by’umutekano muke biri neza neza ku mupaka warwo na Congo, mu gihe Perezida Tshisekedi yiyemeje gukomeza intambara ahanganyemo na M23, umutwe umaze imyaka itatu umusaba ibiganiro yanze kwitabira.

Donald Trump yirinze kuvuga byinshi ku kibazo cy'u Rwanda na RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .