00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Skol yizihije imyaka 15 y’ibigwi mu Rwanda - Amafoto

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 26 February 2025 saa 07:28
Yasuwe :

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa Skol Brewery Ltd (SBL) rwizihije imyaka 15 rumaze rukorera mu Rwanda, hishimirwa intambwe ifatika rumaze gutera ndetse rutanga icyizere cyo gukomeza kwenga ibinyobwa bihuye n’amahitamo ya benshi.

Umuhango wo kwizihiza ibyo birori wabereye ku cyicaro cy’uru ruganda kiri mu Nzove ku wa 25 Gashyantare 2025, witabirirwa n’abayobozi b’urwo ruganda, abakozi ndetse n’abaturutse mu zindi nzego zitandukanye.

Uwo muhango waranzwe n’ubutumwa bwo kwishimira ibyo urwo ruganda rumaze kugeraho, gushimira abakozi n’abandi babigizemo uruhare ndetse no gusabana na bo.

Uwashinze SBL, Thibault Relecom, yavuze ko yishimira urugendo rw’urwo ruganda mu myaka 15 ishize rucururiza ku isoko ry’u Rwanda.

Ati “Ndibuka ngera mu Rwanda bwa mbere mu Ukwakira 2009 ariko urugendo rwo gukora [k’uruganda] rwatangiye mu 2010. Twari dufite Icyerekezo cyiza kandi cyagutse cyo kubaka ikintu kizamara imyaka myinshi ku isoko. Ntabwo twatekerezaga ko uruganda rwacu ruzakura rukaba ikirango cy’ibinyobwa byenze neza, ariko kuva icyo gihe twagize inzozi zagutse none uyu munsi zabaye impamo.”

Relecom yakomeje agaragaza ko urwo rugendo rwabaye rwiza, SBL ibasha kuba uruganda rwa kabiri rwenga ibinyobwa mu Rwanda by’umwihariko kwenga inzoga ikoze mu ngano ku kigero cya 100%, itanga umusanzu mu iterambere ry’Igihugu ndetse itanga akazi ku bakozi 570 ifite uyu munsi.

Yongeyeho ko mu myaka iri imbere uru ruganda rwifuza kujya rutunganya hegitoritiro miliyoni z’ibinyobwa ruvuye ku buhumbi 700 rutunganya uyu munsi ndetse no kongera ubufatanye na Leta y’u Rwanda mu mishinga y’iterambere.

Umuyobozi Mukuru wa SBL, Eric Gilson yavuze ko urwo ruganda rwishimira kuba rufatamya n’u Rwanda mu rugendo rwo kurengera ibidukikije.

Ati “Iruhande rw’iterambere ry’ubucuruzi, SBL yinjiye no mu iterambere rirambye n’inshingano ku muryango mugari. Dutewe ishema n’ingufu twashyize mu kubungabunga ibidukikije mu kurengera ubuzima bw’abantu. Turi gufatanya n’u Rwanda mu rugendo rwo guca pulasitiki zikoreshwa rimwe dutunganya amazi ajya mu macupa y’ibirahure. Iyo ni imwe muri gahunda yacu yagutse yo gufasha u Rwanda kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.”

Gilson yongeyeho kandi ko urwo ruganda rwishimira kuba rugira uruhare mu guteza imbere siporo mu Rwanda ndetse ko rutanga akazi rwitaye ku ihame ry’ubringanire n’ubwuzuzanye.

Uruganda rwa SKOL kugeza ubu rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye birimo Skol Malt, Skol Gatanu, Skol Lager, Virunga Panache na Maltona iherutse gushyirwa ku isoko.

AbakOzi ba SKOL bari bishimiye intambwe Skol Brewery Ltd yabagejejeho
Abitabiriye umuhango wo kwizihiza imyaka 15 Skol imaze mu Rwanda basuye ibice bitandukanye by'uruganda
Bamwe mu bahoze bayobora Rayon Sports bari mu bitabiriye uwo muhango
Abakozi bamaranye igihe na SKOL bashimiwe
Kwizihiza isabukuru ya SKOL byitabiriwe n'abantu bo mu nzego zinyuranye
Kizihiza isabukuru ya SKOL byitabiriwe n'abantu bo mu nzego zinyuranye
Umuyobozi Mukuru wa SBL, Eric Gilson, yavuze ko Skol Brewery Ltd yishimira kuba rufatanya n’u Rwanda mu rugendo rwo kurengera ibidukikije
Ubwo Skol yizihizaga imyaka 15 y’ibigwi mu Rwanda, abakozi bayo basabanye
Uwashinze SBL, Thibault Relecom yavuze ko yishimira urugendo rw’urwo ruganda mu myaka 15 ishize rucururiza ku isoko ry’u Rwanda

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .