00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Senateri Kaitesi Usta yatunguwe n’abatiye uruhinja bajya kurupimisha ADN bagamije guhishira uwasambanyije umwana (VIDEO)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 4 April 2025 saa 09:14
Yasuwe :

Senateri Usta Kaitesi yatangaje ko mu ngendo bakoreye mu turere dutandukanye mu gihugu, batunguwe no gusanga abana basambanywa batujuje imyaka y’ubukure, bahura n’ibibazo bikomeye birimo gutegekwa kutavuga ababateye inda, kugeza ubwo hari n’abatiye uruhinja barujyana kurupimisha ADN bashaka ko umugabo wateye inda umwana aba umwere.

Yabigarutseho ku wa 3 Mata 2025, ubwo Komisiyo ya Politike n’Imiyoborere yagezaga ku Nteko Rusange ya Sena raporo y’uko ruswa ihagaze mu nezo zegerejwe abaturage.

Abasenateri basuye uturere twagaragayemo ruswa nyinshi mu ntara zitandukanye n’utwagaragayemo nke, basanga higanjemo ihabwa ubuyobozi bwo mu mudugudu, inzego z’ubutaka n’izindi.

Gusa Senateri Kaitesi yavuze ko ikibabaje cyane ari uko hari aho umwana asambanywa, yaterwa inda ababyeyi bagahishira uwayimuteye kugeza ubwo bakoresheje amayeri yose ashoboka ngo ubutabera butazatangwa.

Imibare ya Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango igaragaza ko mu 2020 abangavu 19.701 batewe inda, mu 2021 bariyongera bagera kuri 23.111, na ho mu 2022 bagera kuri 24.472 mu gihe mu 2023 bagabanyutseho gato bagera kuri 22.055.

Raporo ya Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu ya 2023/2024 igaragaza ko abangavu batewe inda bangana 69% batagejeje ibirego byabo mu nzego zʼubutabera kugira ngo zibikurikirane.

Senateri Usta Kaitesi (ibumoso) yavuze ko ikibazo cy'abana basambanywa kibabaje kurusha uko abantu bagikeka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .