00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

SanlamAllianz General Insurance yasangiye Ubunani n’abakiliya bayo barwaye

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 2 January 2025 saa 10:10
Yasuwe :

Ikigo cy’ubwishingizi cya SanlamAllianz General Insurance cyasuye abakiliya bacyo bari mu mavuriro atatu yo mu Mujyi wa Kigali, kibagenera impano mu rwego rwo kubihanganisha no kubifuriza Umwaka Mushya Muhire wa 2025.

Iki gikorwa cyabaye ku wa 1 Mutarama 2025, kibera mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, mu bya La Croix du Sud hazwi nko Kwa Nyirinkwaya no mu ivuriro rya Polypharm. Mu basuwe harimo abarwaye ubwabo ndetse n’abarwaje abana babo.

Abakora muri icyo kigo baganirije abo barwayi bababaza uko bameze, babifuriza koroherwa ndetse banabagenera impano.

Abasuwe bishimiye uburyo SanlamAllianz General Insurance basanzwe babereye abakiliya yabatekerejeho muri ibi bihe bitaboroheye byo kuba mu bitaro mu minsi mikuru.

Bayishimiye uwo mutima w’ubwitange yaberetse kandi bavuga ko byabongereye imbaraga n’icyizere cyo gukira bagasezererwa mu bitaro.

Umukozi ushinzwe inozamubano mu Bitaro byo Kwa Nyirinkwaya, Amizero Willy yavuze ko SanlamAllianz bayifata nk’umufatanyabikorwa mwiza bamaranye igihe, kandi ko gusura abarwayi mu bihe by’iminsi mikuru bibakomeza.

Ati “Kuza kwifuriza abarwayi umunsi mwiza batangira umwaka ni byiza kuko ntibaba bishimiye kuba mu bitaro. Kubona hari ikigo cy’ubwishingizi cyaje kubasura bibereka ko badahuzwa n’ubucuruzi gusa, ahubwo ko harimo n’ubumuntu. Tubifata nk’igikorwa gituma abarwayi batigunga kuko baba basanzwe bafite abaganga babitaho ariko bakabona n’ikigo bahuzwaga no kwishyura ubwishingizi kije kubifuriza iminsi mikuru myiza”.

Mizero yongeyeho ko ubwishingizi bwo kwivuza buri mu bifasha abarwayi koroherwa no kwishyura ibitaro kuko mu bajya babura amikoro yo kubyishyura bo badashobora kubonekamo.

Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri SanlamAllianz General Insurance, Ngoga Alain yavuze ko icyo gikorwa bagikora mu rwego rwo kuzirikana abakiliya babo batorohewe mu bihe abandi bishimira iminsi mikuru.

Ati “Iyi ni inshuro ya kabiri dusuye abari mu mavuriro mu bihe by’iminsi mikuru. Mu minsi mikuru abantu benshi baba bari mu miryango yabo bayishimira, ariko nka Sanlam Allianz ntitwirengagiza ko hari abandi batagira ayo mahirwe umwaka ugatangira bari kwa muganga. Nk’abantu dutanga serivisi zo kwivuza tuba turi kumwe na bo ku munsi nk’uyu kugira ngo tubereke ko tubari hafi”.

Ngoga yongeyeho ko kwita kuri abo bakiliya babo bari mu bitaro ubu bibera ahantu hatandukanye muri Kigali, ariko ko mu gihe kiri imbere bateganya no kujya babikorera mu ntara zitandukanye.

Allianz ni ikigo mpuzamahanga cy’ubwishingizi gikomoka mu Budage, mu gihe Sanlam yatangiye ibikorwa byayo mu Rwanda mu 2014 nyuma mu 2019 iza kugura ibigo by’ubwishingizi bya SORAS na SAHAM. Mu 2022 Sanlam na Allianz nibwo byahuje imbaraga bibyara ikigo kimwe cya SanlamAllianz.

Iki gikorwa cyo gusura abarwayi ni ngarukamwaka
Abakozi ba SanlamAllianz basuye abakiliya bayo barwariye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal
Ivuriro rya Polypharm ryasuwe na SanlamAllianz
Abari mu bitaro byo kwa Nyirinkwaya nabo basuwe
Abasuwe banahawe impano
Abarwayi bishimiye cyane u buryo SanlamAllianz yabazirikanye mu bihe bitaboroheye
Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri SanlamAllianz General Insurance, Ngoga Alain yavuze ko gusura abakiliya babo bari mu bitaro babikora mu rwego rwo kubazirikana
Umukozi ushinzwe inozamubano mu Bitaro byo Kwa Nyirinkwaya, Amizero Willy yavuze ko SanlamAllianz bayifata nk’umufatanyabikorwa mwiza bamaranye igihe

Amafoto: Shumbusho Djasili


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .