00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwanda Ultimate Golf Course yatanze Mituweli ku baturage 3000

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 23 February 2025 saa 07:40
Yasuwe :

Ikigo gishinzwe kubungabunga Ikibuga cya Golf cya Kigali, Rwanda Ultimate Golf Course, ku bufatanye na NCBA Bank Rwanda batanze Mituweli ku baturage batishoboye ibihumbi 3000 bo mu Mirenge ya Remera, Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

Ni igikorwa cyabaye ku wa 22 Gashyantare 2025, nyuma y’umuganda rusange wakozwe n’abakozi b’iki kigo, abaturage bo muri iyo mirenge, abayobozi mu nzego za Leta n’abafatanyabikorwa batandukanye.

Bakoze imirimo irimo gukora isuku mu Kibuga cya Golf cya Kigali no mu nkengero za cyo ndetse hanaterwa n’ibiti 80 byaje byiyongera ku bindi 420 byari byaratewe mbere.

Ni muri gahunda yo kongera amoko atandukanye y’ibiti muri iki kigo. Amwe mu moko y’ibiti byatewe harimo ikawa, imyembe n’icyayi.

Umuyobozi wa RUGC, Gaston Gasore, yashimiye abaturage baturiye Ikibuga cya Golf cya Kigali ku buryo ari abafatanyabikorwa beza ndetse ashima n’uruhare bagira mu gutuma iki kigo gikomeza gusa neza.

Ati “Twabitabaje ngo mudutere ingabo mu bitugu kandi mwaje ku bwinshi rero ntabwo ari byiza ko twirebaho nka RUGC gusa, ni yo mpamvu twahisemo kubashimira duha Mituweli bamwe muri mwe badafite ubushobozi bwo kwiyishyurira kuko ni ngombwa ko abaturanyi bacu bagira ubuzima bwiza.”

Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri Banki ya NCBA, Nkubito Samuel, yavuze ko bagejejweho igitekerezo cyo kwishyurira Mituweli abaturage baturiye Ikibuga cya Golf cya Kigali, bumva ari cyiza kuko ari kimwe mu bituma abaturage bagira ubuzima bwiza.

Ati “Biba bibabaje kumva hari umuturage warembeye mu nzu kubera kubura ubushobozi bwo kwishyura Mituweli. Twashimye cyane iki gitekerezo kuko abaturage ni bo bafatanyabikorwa ba mbere.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cyo kurengera Ibidukikije, REMA, Juliet Kabera, yashimiye RUGC, n’abafatanyabikorwa ba yo ku gitekerezo cyiza bagize cyo gukora umuganda ndetse bakarenzaho gutanga Mituweli ku baturage batishoboye.

Ati “Iki gikorwa gikubiyemo indangagaciro nyinshi zituranga nk’Abanyarwanda zirimo ubumwe kuko murabona ko uku twahuriye hamwe harimo abarataha bungutse inshuti, harimo n’indangagaciro yo gukunda umurimo ndetse ikirenzeho hajemo no gufasha abatishoboye.”

RUGC ni ikigo gishinzwe gukurikirana no kubungabunga ikibuga cya Golf cya Kigali no kureberera imishinga itandukanye harimo n’umushinga wa Kigali Golf Resort and Villas.

Ni umushinga urimo Ikibuga cya Golf cya Kigali, inzu igezweho yakirirwamo abakina Golf izwi nka ‘Club House’ iri ku rwego rwo hejuru.

Uyu mushinga ubarizwamo n’Ikibuga cya Golf cya Kigali n’indi mikino nka Tennis, umuhanda wo kwirukiraho (running trail), Piscine, Club House irimo imyambaro y’abakinnyi, inkoni za Golf, ibikapu bya Golf, ikagira ahakorerwa indi myitozo ngororamubiri ‘Gym’, aho gufatira amafunguro n’ibindi.

Umurenge wa Remera wahawe Miliyoni 3 Frw zo kwishyurira Mituweli abatishoboye bawubarizwamo
Umurenge wa Kacyiru wahawe miliyoni 3 Frw na RUGC zo kwishyurira Mituweli abatishoboye
Umurenge wa Kinyinya washimiwe ko ari abafatanyabikorwa beza ba Golf Club bahabwa miliyoni 3 Frw zo gufasha abatishoboye kwishyura Mituweli
Abafatanyabikorwa batandukanye ba Kigali Golf Club bifanyije na yo mu muganda rusange banateye ibiti
Umuyobozi w'agateganyo wa RUGC, Gaston Gasore, yashimiye abaturage bo mu mirenge ya Kacyiru, Kinyinya na Remera baturiye ikigo cya Kigali Golf Club uburyo ari abafatanyabikorwa beza
Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera yashimiye NCBA Bank Rwanda na RUGC bishyuriye imiryango 3000 Mituweli
Chairman wa RUGC, Alain Girinshuti, yashimiye abaturage bo mirenge ya Kacyiru, Remera na Kinyinya ku bijyanye n'ubufatanye badahwema kubagaragariza
Imirenge ya Kinyinya, Remera na Kacyiru yahawe miliyoni 9 Frw zo gufasha abatishoboye kwishyura Mituweli
Umuyobozi Ushinzwe Ubucuruzi muri NCBA Bank Rwanda, Nkubito Samuel, yashimye igitekerezo cya Kigali Golf Club cyo kwishyurira Mituweli abatishoboye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .