00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwanda Foam yishimiye uko yakiriwe muri Tour du Rwanda 2025

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 2 March 2025 saa 11:27
Yasuwe :

Uruganda rukora rukanagurisha matela, Rwanda Foam, rwishimiye uko rwakiriwe n’abaturarwanda mu bice bitandukanye rwerekejemo, ubwo rwaherekezaga Tour du Rwanda 2025.

Ni ku nshuro ya cyenda uru ruganda rwari rwitabiriye Tour du Rwanda, aho iya 2025 yegukanywe n’Umufaransa Fabien Doubey ukinira TotalEnergies.

Muri iri siganwa, uru ruganda rwasusurutsaga abaryitabiriye rubifashijwemo na Platini P, rukanatanga impano zitandukanye za matela n’imisego.

Ubuyobozi bwa Rwanda Foam bwatangaje ko bwishimiye uko isiganwa ry’uyu mwaka ryagenze ndetse n’uko babanye n’abanyarwanda.

Bwanatangaje ko bwongereye igihe cya poromosiyo y’igabanywa rya 5% ku biciro bya Super Executive, Inzozi na Executive.

Si ibyo gusa kuko uru ruganda ruzanishyurira amezi abiri, abacuruzi 10 bashya bifuza gukorana narwo.

Uru ruganda ruherutse kwagurwa mu rwego rwo guhaza isoko ryo mu Rwanda no hanze kuko ubu rushobora gukora matela 5000 ku munsi.

Rwanda Foam imaze imyaka irenga 40 ikora matela kuva mu 1983. Serivisi zayo ziboneka ku bacuruzi barenga 60 bayihagarariye mu gihugu hose.

Aharanga umucuruzi haba hari icyapa cy’umuhondo cyayo ndetse nta zindi matela acuruza. Ushobora no guhaha unyuze kuri https://rwandafoam.com/

Rwanda Foam yatanze impano zitandukanye ku bakunzi bayo
Umuhanzi Platini P yaserukanye na Rwanda Foam muri iyi Tour du Rwanda
Rwanda Foam yashimye uko yakiriwe muri Tour du Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .