Uyu musore yarohamye ku wa Mbere tariki ya 17 Werurwe 2025 mu Mudugudu wa Nkindi mu Kagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana. Yari asanzwe akora mu byuzi by’amafi biherereye ku nkengero z’ikiyaga cya Muhazi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyiginya, Mukantambara Brigitte, yabwiye IGIHE ko uyu musore yabwiye abandi bakozi bakorana ko agiye koga kuko yumvaga hashyushye cyane.
Ati ‘‘Uwo musore yakoraga mu cyanya cyororerwamo amafi rero byageze ejo Saa Sita bari mu kiruhuko abwira bagenzi be ko yumva hari ubushyuhe ashaka kujya koga, rero yahise ajya koga mu kiyaga cya Muhazi hashize akanya babona ari gutabaza mu gihe bagiye kumugeraho aba aracubiye arabuze.’’
Gitifu Mukantambara yakomeje avuga ko abo bakozi bahise batabaza inzego z’ibanze n’iz’umutekano birangira haje abapolisi bo mu ishami ryo mu mazi aba aribo bamukuramo, nubwo basanze yamaze kwitaba Imana.
Uyu muyobozi yasabye abaturage kwirinda kujya koga batambaye imyenda yabugenewe cyangwa ngo babikorere ahantu habugenewe hari abantu bashobora kubafasha. Yasabye ababyeyi kwirinda kohereza abana babo kujya kuvoma muri iki kiyaga ngo kuko bashobora kurohama.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!