00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwamagana: Ntibumva impamvu bimwa amagare yabo kandi baba baramaze kwishyura ibihano

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 1 March 2025 saa 10:19
Yasuwe :

Bamwe mu batwara abagenzi ku magare mu Karere ka Rwamagana bafite amagare yafatiriwe na Polisi kubera kurenga ku mabwiriza yo kutayagendaho nyuma ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, bagaragaza ko batumva impamvu bajya bimwa amagare yabo kandi baba baramaze kwishyura ibihano.

Ku wa Gatanu tariki ya 28 Gashyantare 2025, aba banyonzi bari banze kuva ku biro by’Akarere batabonye amagare yabo, nyuma y’aho bagiriye ku biro bya Polisi y’u Rwanda ishami rya Rwamagana inshuro nyinshi, bakimwa amagare yabo nyamara ibisabwa birimo n’amande baba barabyubahirije.

Simpunga Vianney uri muri aba banyonzi yavuze ko bamaze kujya kuri Polisi inshuro umunani babima amagare yabo kandi amande asabwa barayishyuye, akibaza impamvu bayimwa kandi ari yo atunze imiryango yabo.

Ati “Ubundi ko nta kanyanga nahetse, urumogi n’ibindi, kandi nkaba ntanga Mituelle n’amafaranga y’irondo kuki barifata. Mfite abana babiri biga kandi bashaka kurya.’’

Undi yavuze ko bemera guhanwa ariko bagahabwa amagare yabo, yavuze ko ashyigikiye ko abarenza amasaha yagenwe bazajya babihanirwa ariko nyuma ngo Leta ikajya ibaha amagare yabo kuko abenshi ari yo abatunze.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Twizeyimana Hamduni, yabwiye IGIHE ko amabwiriza ashyirwaho n’inzego z’ibanze bo ko baba bayashyira mu bikorwa, avuga ko iyo abafatiwe amagare bamaze kwishyura baza bakayahabwa.

Ati “Ubutumwa twatanga ku banyonzi n’abandi bakoresha amagare bagomba kubahiriza amabwiriza. Ni mu rwego rwo gukumira no kurwanya impanuka cyane ko amagare nta rumuri ruhagije aba afite, mu gihe cy’umwijima usanga biteza impanuka. Ni amabwiriza yo kurengera ubuzima bwabo bagomba kuyubahiriza, utazayubahiriza tuzamufata.’’

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yavuze ko gufata aya magare biri mu buryo bwo gushyira mu bikorwa umwanzuro w’Inama Njyanama, yemeje ko igare rizajya rifatirwa mu muhanda hejuru ya Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba rizajya rifatirwa na Polisi kugeza nyiraryo yishyuye amande ya 3000 Frw.

Nyuma yo kugaragaza akababaro kabo ba nyir’amagare basabwe kwiyandika, bagahabwa amagare yabo, ariko basabwa kubahiriza ibyemezo byafashwe kuko bigamije kurengera ubuzima bwabo.

Inama Njyanama z’uturere hirya no hino zafashe umwanzuro w’uko nta gare ryemerewe kurenza Saa Kumi n’Ebyiri rikiri mu muhanda nyuma y’aho Polisi y’u Rwanda igaragarije ko atera impanuka nyinshi zo mu muhanda mu masaha ya nijoro bitewe nuko nta matara agira.

Aya magare yafashwe ba nyirayo barengeje amasaha yo gutaha
Abanyonzi basabwe kwiyandika kugira ngo bahabwe amagare yabo
Abanyonzi benshi bafatiwe amagare bahuriye ku Karere ka Rwamagana bariyandika bajya kuyahabwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .