00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rutsiro: Uwakoraga akazi k’ubuzamu yishwe anigishijwe umukandara

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 14 April 2025 saa 12:26
Yasuwe :

Umugabo wo mu Karere ka Rutsiro yasanzwe ku kirwa cyo mu kiyaga cya Kivu aho yakoraga akazi k’ubuzamu, yicwa anigishijwe umukandara w’ipantalo yari yambaye.

Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu ijoro ryo ku wa 13 Mata 2025, mu masaha ashyira Saa Sita z’ijoro. Byabereye mu Murenge wa Mushonyi, Akagari ka Kaguriro mu Mudugudu wa Maziba.

Abantu bane barimo babiri bakoranaga na nyakwigendera bakekwaho kugira uruhare muri rupfu rwe bahise batabwa muri yombi.

Nyakwigendera wari ufite imyaka 62 yakoraga akazi k’uburinzi ku ruganda rutonora ikawa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushonyi, Ntihinyuka Janvier, yabwiye IGIHE ko abamwishe bari bagiye kwiba ikawa.

Ati "Amakuru twayamenye mu masaha ya Saa Sita z’ijoro, aho abantu baje batera akarwa yakoreragaho we na bagenzi be baje kwiba ikawa, baramufata baramwica bamunigishije umukandara w’ipantalo yari yambaye."

Gitifu Ntihinyuka yavuze ko kubera imiterere y’iki kirwa cyagiraga abazamu batatu, ariko nyakwigendera akarinda ububiko bw’ikawa. Ngo abajura barahageze bazirika undi muzamu basaga nk’aho begeranye, undi mu gihe yazengurukaga yasanze mugenzi we aziritse, undi yishwe, ahita atabaza abaturage b’imusozi.

Abajura bari bataragera kure ni ko kujugunya mu bwato ikawa bari bibye, imifuka umunani ihwanye n’ibilo 400.

Yahamije kandi ko abantu bane batawe muri yombi barimo umusore w’imyaka 28, uw’imyaka 19 ndetse n’abazamu babiri bakoranaga na nyakwigendera.

Gitifu Ntihinyuka yasabye abaturage gushishikarira gukora bagashaka ubuzima mu buryo bwiza, bakareka kumva ko bazatungwa n’ibyo basahuye, kuko imirimo nk’iyi mibi itazabahira, kuko inzego zose ziri maso.

Kuri ubu abafashwe bane, bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihango, mu gihe iperereza rikomeje.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro bya Murunda, kugira ngo ukorerwe isuzuma mbere y’uko ushyingurwa.

Umuzamu warariraga ku ruganda rw'ikawa yishwe anigishijwe umukandara we

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .