Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025. Yari atuye mu Murenge wa Musasa, Akagari ka Gabiro, mu Mudugudu wa Murama.
Amakuru agera kuri IGIHE ni uko yabonywe n’umuturanyi we winjiye mu nzu ye abonye imaze iminsi igera kuri ibiri ikinguye ariko nta muntu umuca iryera.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative, yabwiye IGIHE ko aya makuru bayamenye, bakirimo kuyakurikirana. Ati “Andi makuru tumenya turabamenyesha.’’
Uyu muturage yabaga wenyine, yari yaratujwe muri ako gace nk’umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ariko utishoboye, gusa abana bamwe babaga ahandi bashakisha ubuzima, umuto abana na nyina wabo.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!