00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruswa y’igitsina yihisha mu marangamutima, ikomeje kugorana kuyigenza

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 18 May 2025 saa 11:55
Yasuwe :

Abiga muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, beretswe uburyo ruswa ishingiye ku gitsina ijya yihisha mu marangamutima, hakabaho igihe uyisabwa na we aguye mu mutego wo kuyitanga ku bwo kuganzwa na yo.

Byagarutsweho gikorwa cyo kurwanya ruswa mu rubyiriko rwo muri UR-Huye, cyateguwe n’Akarere ka Huye ku bufatanye n’Umushinga Uharanira Serivisi nziza kuri bose muri Afurika (ISDA).

Umunyamategeko akaba n’Umuhuzabikorwa wa MAJ mu Karere ka Huye, Dukundan Jean Luc Fréderic, yagaragaje ko ruswa y’igitsina iri mu byaha bigorana mu kugenza kuko hari aho igenda igafata amarangamutima, uyakwa ntarabukwe akisanga yaguye mu mutego wo kuyitanga.

Ati “Ruswa ishingiye ku gitsina iragoye kuyigenza kuko izanamo n’amarangamutima k’uyisaba cyangwa uyitanga. Iyi ruswa ni mbi cyane kuko ivutsa uyakwa uburenganzira bw’icyo yemerewe n’amategeko, cyangwa se uyitanze na we ikamuhesha icyo atemerewe n’amategeko.”

Yakomeje ati “Nimutekereze abantu bose baramutse barangije kaminuza baratanze ruswa y’igitsina, byaba ari igihombo ku gihugu, kuko ntimwaba abaganga beza, abacamanza bazima cyangwa abagoronome bizewe.”

Me Dukundane yerekanye ko abantu benshi batanga ruswa batabizi, kuko umuco mubi wayo wabayeho imyaka myinshi, watumye hiyubaka igisa ‘nk’ingengabitekerezo ya ruswa’, aboneraho gusaba urubyiruko rwo muri kaminuza kugira uruhare mu kuwurandura.

Yabibukije kandi ko ruswa iri mu cyiciro cy’ibyaha bimokeye bihanishwa igifungo cy’imyaka itanu kuzamura, ikaba icyaha kidasaza.

Umukozi w’Akarere ka Huye ushinzwe imiyoborere, Ndabakuranye Déo, yibukije abanyeshuri uburyo abitwaga ‘abakonari’ bakoraga ibyaha birimo guhohotera abandi cyane cyane abakobwa, kandi biganisha kuri ruswa y’igitsina.

Ati “Umukonari yahagarikaga umukobwa mu ruhame, akamutegeka kumusoma, igihe atabikoze, akamukangisha ko ari bumukore ku myanya y’ibanga. Icyo gihe rero, umukobwa yahitaga amusoma bwangu asa nk’uwigura, biragenda biba umuco akabikora nka ruswa yo kugira ngo atamusebya.”

Yakomeje ashima ko ibyo byahindutse kubera ubuyobozi bwiza, asaba abanyeshuri gukomereza muri uwo murongo mwiza.

Uwera Sylvie, wiga muri UR-Huye, mu mwaka wa Mbere, yagaragaje ko icyaca ruswa y’igitsina kuri bo ari ukunyurwa n’ibyo bafite bagakora cyane bagamije kwikemurira ibibazo.

Yavuze ko ibyo bizatuma nta mwarimu umushukisha amanota kuko yayabuze ngo abe yayamutegeraho amwaka ruswa y’igitsina n’ibindi.

Imibare yavuye mu bushakashatsi bwa Transparency International Rwanda yasohotse mu 2022, yagaragaje ko abarenga 75% by’abakwa ruswa y’igitsina ari abagore.

Ni mu gihe kandi 39,3% by’abasabwa ruswa bahitamo guceceka ntibavuge iby’ayo mahano bakorewe.

Umukozi w’Akarere ka Huye ushinzwe imiyoborere, Ndabakuranye Déo, yasabye abiga muri UR-Huye kugira uruhare mu gukumira ruswa y'ubwoko bwose bahura na yo
Me Dukundane Jean Luc Fréderic, yagaragaje ko ruswa y’igitsina iri mu byaha bigorana mu kubigenza kuko ikora ku marangamutima
Abiga muri UR-Huye biyemeje kurwanya ruswa mu buryo bwose
Abanyeshuri bahawe ibiganiro kuri ruswa bihaye intego yo kurushaho kuyigendera kure

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .