00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rusizi: Babangamiwe n’amabandi abambura

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 3 February 2025 saa 11:05
Yasuwe :

Abaturage bo mu mirenge ya Nkanka na Giheke yo mu Karere ka Rusizi babangamiwe n’amabandi abategera i Munyove bagiye cyangwa bavuye mu isoko rya Gatsiro, akabambura ibyo bafite.

Ni ikibazo aba baturage bavuga ko cyongeye kugaruka nyuma y’aho inzego z’umutekano n’iz’ibanze zari zimaze igihe zaragihagurukiye kigacogora.

Niyonsenga Desire wo mu Mudugudu wa Rwega, Akagari ka Rwega Umurenge wa Giheke yabwiye IGIHE ko aya mabandi aherutse kumutega ashaka kumwambura telefone, yirutse amukurikiza imbwa.

Ati "Ikibazo kiduhangayikishije nk’abaturage b’Umurenge wa Giheke dukoresha iriya nzira tujya mu kazi, mu isoko rya Gatsiro no mu Mujyi wa Rusizi".

Mukashyerezo Daphrose, yavuze ko basigaye barema isoko rya Gatsiro bafite ubwoba kubera ayo mabandi abategera mu nzira, akabambura amafaranga na telefone.

Harorimana Emelien we yavuze ko ayo mabandi ari abasore b’abasigajwe inyuma n’amateka batujwe mu kagari ka Gatsiro, ashimangira ko uretse gutegera abantu mu nzira baniba imyaka iri mu mirima n’amatungo y’abaturage.

Ati “Hari umukecuru w’iwacu ku Rwega baherutse kumutemera ibitoki bitandatu, hari undi baherutse gutemera inyamunyo baza no mu mirima bakibamo ibigori. Hari umusaza bateze avuye mu gasoko bamunyaga telefone”.

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rusizi, Habimana Alfred, yabwiye IGIHE ko batari bazi ko iki kibazo cyagarutse.

Ati “Iyo baduhaye amakuru dukorana n’inzego z’umutekano na polisi abo bantu bagafatwa. Icyo tugiye gukora ni uko ayo makuru tubonye tugiye kuyakoresha tukayabyaza umusaruro ku buryo utwo duce batubwiye tugenda tukatwegera tukaburizamo iyo migambi mibi”.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .