00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rusizi: Abaturage bagaragaje ko nta mpungenge batewe n’intambara iri kubera muri Kivu y’Amajyepfo

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 16 February 2025 saa 10:59
Yasuwe :

Abaturage mu Karere ka Rusizi batuye mu mirenge ihana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagaragaje ko nta mpungenge batewe n’intambara ihanganishije umutwe wa M23 n’ingabo za Leta muri Kivu y’Amajyepfo.

Nubwo hashize iminsi humvikana amasasu muri Kivu y’Amajyepfo no mu nkengero z’Umujyi wa Bukavu, abatuye mu Rwanda bo bavuga ko bikomereje ibikorwa byabo nta nkomyi.

Abaganiriye na RBA bagaragaje ko n’ubwo mu Mujyi wa Bukavu hari kumvikana amasasu, Abanyarwanda bikomereje ibikorwa byabo ndetse banashimangira ko bizeye inzego z’umutekano z’u Rwanda no mu gihe haba hagize igishaka kuwuhungabanya.

Umwe yagize ati “Twebwe turaryama kandi tukaryamira ku gihe, ndetse na nijoro twumvaga urusaku rw’amasasu ariko ntacyahungabanyije abaturage bo mu Rwanda. Ingabo zacu tuba tuzizeye, tuba twumva umutekano w’abaturage ari wose kuko ntawahungabanya umutekano w’abaturage.”

Undi ati “Urebye hakurya mu baturanyi, ejo biriwe bahunga twebwe nta n’umwe wigeze ahunga turatekanye akazi kacu karakomeje. Twebwe nta bwoba dufite kuko turarinzwe.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rusizi, Alfred Habimana, yahumurije abatuye muri aka karere ndetse n’abahakorera kuko nta kibazo na kimwe gihari.

Ati “Nta kibazo cy’umutekano gihari, ibireba RDC bafite uburyo abayobozi bayo babikora ariko twebwe abaturage bacu nta kibazo bafite. Ubuyobozi burahari, burabarindira umutekano rwose bashire impungenge. Bakomeze imirimo yabo kuko barabizi ko umutekano w’u Rwanda wizewe.”

Hashize iminsi itatu Ikibuga cy’indege cya Kavumu mu nkengero za Bukavu gifashwe n’umutwe wa M23 ugizwe n’Abanye-Congo baharanira uburenganzira bwabo.

Ibyo byatumye bamwe mu batuye muri uyu Mujyi batangira kuwuvamo bahungira mu bice bitandukanye barimo n’abayobozi b’ingabo n’abagisivili.

Akarere ka Rusizi gafite imirenge myinshi ikora kuri RDC, by’umwihariko Umujyi wa Bukavu irimo Mururu, Kamembe, Gihundwe, Nkombo n’indi.

Kuri iki cyumweru tariki ya 16 Gashyantare 2025, Umutwe wa M23 waciye amarenga ko Umujyi wa Bukavu wamaze kugera mu biganza byawo.

Ibyo bibaye nyuma y’uko uwo mutwe wigaruriye Umujyi wa Goma, ukagarura umutekano ndetse ukiyemeza gukomeza intambara kugeza ugeze mu Mujyi wa Kinshasa ndetse ukanakuraho ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi.

Umuturage uri mu Rwanda mu Karere ka Rusizi, aba areba muri RDC
Umugezi wa Rusizi utandukanya Umurenge wa Mururu na RDC
Uri mu bice bitandukanye by'Umujyi wa Rusizi uba ureba Umujyi wa Bukavu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .